Amasomo matagatifu tuzirikana:
·
Isomo rya
mbere: Ubuhanga 12,13.16-19;
·
Zaburi 85;
·
Isomo rya
kabiri: Abanyaroma 8,26-27;
·
Ivanjiri: Matayo
13,24-43
Intego y’amasomo y’uyu munsi
ni ukwereka buri mwigishwa wa Kristu amabanga atatu akomeye y'Ubwami bw'Imana
bugaragarira muri Kristu Yezu:
ibanga ry'ikibi;ibanga
ry'ukwihangana kw'Imana; n'ibanga ry'uko Ubwami bw'Imana bukomeza gukura kugeza
ku iherezo.
Yezu, ati «Ni umwanzi
wabikoze.» Ibanga ry'ikibi mu murima w'Imana:
Ishusho y'umwanzi wabibye
urumamfu mu murima wa Yezu irakomeye cyane. Mu ijoro, igihe abantu bari
basinziriye, uwo mwanzi yaje abiba urumamfu hagati y'ingano, maze arigendera.
Ibi biradusobanurira ko ikibi kidafite inkomoko-remezo ku Mana cyangwa ku kiremwamuntu;
niyo mpamvu igihe cyose mwenemuntu wacumuye afite amahirwe yo kuba yakwicuza
akabarirwa.
Akenshi inkomoko y'ikibi
ntituyisobanukirwa. Twibaza tuti: kuki habaho urugomo, intambara, ¿ubwicanyi
n’akarengane? Hari ibibi byinshi bidashobora gusobanurwa n'intege nke z'umuntu
gusa.
Ni cyo Pawulo Mutagatifu yise
«ibanga ry'ikibi», ari ryo Shitani urwanya umurimo w'Imana kandi ugashaka
kuwusenya. Ni yo mpamvu Pawulo adushishikariza kwambara intwaro z'Imana kugira
ngo dushobore guhangana n'amayeri ya Sekibi, kuko urugamba rwacu atari urwo
kurwana n'abantu gusa, ahubwo ni urwo guhangana n'imbaraga z'umwijima zishaka
kutwambura ubuzima bw'Imana (Ef 6,11-12).
«Mubireke bikurane kugeza
igihe cy'isarura.»
Aya magambo aduhishurira
ibanga rikomeye ry'ukwihangana kw'Imana. Rimwe na rimwe biratugora kubyumva, cyane cyane
iyo tubona abemeramana bababazwa n'abakora nabi; bibaza bati: «Mana, ¿uzageza
ryari urebera ikibi ntugihane?» Iki kibazo cyabajijwe n'abemera bo mu bihe
byose. No mu gitabo cy'Ibyahishuwe, abahowe ukwemera batakambira Imana bati:
«Mwami, uzageza ryari utaraca urubanza?» (Hish 6,10). Ariko Imana ibasubiza
ibasaba gukomeza kwihangana kugeza ku iherezo ry’isi. Ibi ntibisobanura ko Imana yemera ikibi
cyangwa ngo icyirengagize, ahubwo bisobanura ko itanga umwanya wo kwisubiraho
no kwihana.
Ukwihangana kw'Imana si
ubunebwe cyangwa uburangare. Ni ukwihangana gukorana urukundo. Nk'uko umuhinzi
ahora yita ku murima we, awuhira kandi akawurinda, ni na ko Imana ikomeza kwita
ku bantu bayo. Iharanira ko imbuto nziza zikura neza kandi ishaka no guhindura
abanyabyaha kugira ngo bihane.
Ni yo mpamvu Yohani atubwira
ati: «Imana yakunze isi cyane, bituma itanga Umwana wayo w'ikinege kugira ngo
umwemera wese atarimbuka ahubwo ahabwe ubugingo bw'iteka.» (Yh 3,16)
Imana ntishimishwa no
kurimbura abanyabyaha; ishaka ko bihana bakabona ubuzima.
Mu isomo rya mbere na bwo
twumvise ko Imana, nubwo ifite ububasha bwose, icira urubanza mu butabera
buvanze n'impuhwe. Ntikoresha imbaraga zayo mu guhonyora abantu, ahubwo
izikoresha mu kubakiza.
Natwe rero, nk'abigishwa ba
Kristu, turahamagarirwa kwigana ukwihangana kw'Imana. Mu butumwa bwo kwamamaza
Ivanjili ntidukwiye kwiheba cyangwa gucira abantu urubanza vuba, ahubwo tugomba
kubasabira no kubafasha guhinduka.
Ni yo mpamvu Mutagatifu Yakobo
aduhugura ati: «Nimwihangane, bavandimwe, kugeza igihe Umwami azazira. Reba
umuhinzi: ategereza yihanganye umusaruro mwiza w'ubutaka kugeza usesekaye.
Namwe nimwihangane kandi mukomeze kugira umutima ushikamye, kuko ukuza k'Umwami
kwegereje.» (Yak 5,7-8). Ukwihangana rero ni ikimenyetso cy'ukwizera. Uzi ko
Imana ikora bucece kandi ko igihe cyayo ari cyo cyiza kurusha ibindi byose.
Ibanga ry'uko Ubwami bw'Imana
bukomeza gukura kugeza ku iherezo:
Impamvu Imana yihangana ni uko
yo ibona kure kurusha abantu. Mu gihe abantu bareba urumamfu rukwira hose,
Imana yo ireba uko imbuto nziza zikomeza gukura.
Ubwami bw'Imana bukomeza
gukura bucece, n'ubwo hari ibigerageza kububuza gukura. Uko amateka agenda
ahinduka, hari abantu benshi bahagurukira kurwanya Ivanjili na Kiliziya, ariko
ntibashobora gutsinda umugambi w'Imana. Ku iherezo ry'ibihe, urukundo rw'Imana
ruzatsinda burundu. Ab’intungane bazakira ingororano yabo, naho ikibi
kizatsindwa burundu. Ni cyo cyizere gikomeza umutima w'umukristu.
Nubwo umuntu ashobora kubona
isi yuzuye ibibazo, umukristu ntiyemera ko ikibi ari cyo kizatsinda. Twe
turebera amateka mu rumuri rwa Kristu wazutse, uwo Data yahaye ububasha bwose
mu ijuru no ku isi (Mt 28,18). Ni yo mpamvu tutabona ibihe turimo nk'ibidafite
igisubizo, ahubwo tubibona nk'umwanya Imana iduha kugira ngo twihane kandi
duhinduke.
Nubwo urusaku rw'ibibi,
intambara n'urwikekwe rwiyongera, Imana ikomeza gukuza icyiza bucece. Papa
Fransisiko atwigisha ko Kiliziya igomba kuba Kiliziya isohoka, igasanga abantu
aho bari. Abigishwa ba Kristu bagomba: kugira ubutwari bwo gutangira ibikorwa
byiza; kwegera abantu; kubaherekeza mu rugendo rwabo rwo kwizera; kubafasha
kwera imbuto nziza; no kunezerwa igihe abantu bagarukira Imana.
Kwamamaza Ivanjili bisaba
ukwihangana.
Umubibyi mwiza ntiyatakaza
amahoro kubera urumamfu. Ahubwo akomeza kwita ku ngano kugeza igihe cy'isarura.
Natwe rero ntitugomba kumara igihe twinubira ibibi by'abandi cyangwa dushaka
amakosa yabo. Ahubwo tugomba gukora icyiza no gufasha abantu kwakira Ivanjili
kugira ngo ubuzima bwabo buhinduke. umukristu nyawe aba yiteguye gutanga
ubuzima bwe kubera Kristu, niba bibaye ngombwa, aho kwifuza gutsinda abandi
cyangwa kubarwanya.
Ukwemera gukura buhoro buhoro.
Umugani w'ingano n'urumamfu utwigisha ko nubwo Sekibi agerageza kwangiza
umurimo w'Imana, adashobora kuwutsinda. Ikibi gishobora kuboneka nk'igifite
imbaraga muri iki gihe, ariko amaherezo icyiza ni cyo kizatsinda.
Ukwizera kutwizeza intsinzi ya
Kristu. Kwemera
Kristu si ukwemera gusa ko yabayeho, ahubwo ni ukwemera ko: adukunda by'ukuri;
ari muzima; akomeza gukora mu buzima bwacu; atadutererana; kandi ashobora
kuvana icyiza no mu bibi.Ni ukwemera ko Kristu akomeza gutsinda mu mateka y'isi
ari kumwe n'abamwemera kandi bamukurikira. ku mugani w'urumamfu avuga ko
utwigisha cyane cyane ukwihangana kw'Imana.
Mu murima aho habibwe ingano
nziza, hameze n'urumamfu. Abagaragu bashakaga kururandura ako kanya, ariko
nyir'umurima arababuza. Yezu aratwigisha ko nubwo tugomba kwanga ikibi,
tutagomba kwanga abantu bakora nabi. Ahubwo tugomba kubafasha guhinduka no
kwihana. Ntabwo ari ukwihanganira ikibi cyangwa kugishyigikira, ahubwo ni
ukwigana Imana iha buri muntu igihe cyo kwisubiraho. hari uburyo bubiri bwo
kureba isi: uburyo bw'abagaragu, babona gusa ikibazo cy'urukungu; n'uburyo bwa
Nyir'umurima, ureba cyane cyane ingano nziza kandi akazirinda kugeza zisaruwe.
Natwe rero, Imana
iraduhamagarira kutarangazwa n'ibibi gusa, ahubwo kureba icyiza gikura bucece
mu Kiliziya no mu isi, tukagifasha gukura. Si umuntu uhora ashakisha amakosa
y'abandi ukorana neza n'Imana, ahubwo ni uzi kumenya icyiza kiri gukura,
akagishyigikira kandi akagifasha kwera imbuto. Ku iherezo ry'ibihe, Imana
ubwayo ni yo izacira bose urubanza: izagororera intungane, naho ikibi
kigatsindwa burundu. Mugire Icyumweru cyiza!
Padiri Pie Nzayisenga
Retour aux homelies