^

INYIGISHO Y’ICYUMWERU CYA 34 GISANZWE. UMUNSI MUKURU WA KRISTU UMWAMI W’IBIREMWA BYOSE, UMWAKA C, TARIKI YA 21/11/2025

Publié par: Padiri Gaspard BIJYIYOBYENDA

Amasomo matagatifu tuzirikana:

ü Isomo rya mbere: 2 Sam 5, 1-3;

ü Isomo rya kabiri: Kol 1, 12-20;

ü Ivanjili: Lk 23, 35-43

Uyu munsi turizihiza Umunsi mukuru wa Kristu Umwami w’ibiremwa byose. Amasomo tumaze kumva aradufasha kumenya uko twatonoshejwe tugahirwa twebwe abagize amahirwe yo gutorwa no gucungurwa, none ubu tukaba tubarirwa mu bagenerwamurage n’abasangiramurage ba Yezu Kristu, Umwami wacu.

1)    Twaratoneshejwe: Mu Isomo rya mbere, twumvise uko abayisiraheli bikoze, bikabazindura, bakajya gusaba Dawudi ko yababera Umwami. Kugira ngo atava aho abangira, bamubwiye amagambo yo kumugusha neza, bamurata, bamwibutsa ko rwose ibyo yabakoreye ari byinshi, ku buryo adakwiye kugarukira aho, ahubwo bagomba gukomezanya urugendo. Bagize bati: « Ngaho twitegereze, turi amagufa yawe n’umubiri wawe, kera igihe Sawuli yari akiri umwami, ni wowe watabaranaga na Isiraheli kandi ugatabarukana na yo. [Byongeye kandi] Uhoraho yarakubwiye ati : “Ni wowe uzaragira umuryango wanjye Isiraheli, kandi ni wowe uzaba umutware wayo” »

Aba bantu ibyo babwiye Dawudi biragoye ko yari kubyanga kuko ijambo bakoresheje mu kumwinginga ni ijambo riryoheye amatwi kandi reka riryohe uwarikoresheje mbere ryamuvuye mu kanwa kubera ko ibyishimo byari byamusaze: Uwo nta wundi ni Adamu amaze kubona umugore we Eva. Yaragize ati: « Noneho dore igufa ryo mu magufa yanjye n’umubiri uvuye mu mubiri wanjye ». Dawudi yahera he yanga kubera umwami iyi mbaga ije imusanga, itamushakaho inyungu, ahubwo imushakaho isano?  

Ibyo Dawudi asabwa ntibishingiye gusa kuri iyo sano abamusanze bamubwira, kuko mu buzima busanzwe isano ntabwo ariko buri gihe iba ihagije kugira ngo ibyo twifuza ku bandi bishoboke, cyangwa ngo ibyo abandi batwifuzaho tubishobore. Buri wese muri twe yaba umuhamya ko hari benshi baje bamukeneyeho ubufasha ubu n’ubu ntibabubone, atari uko udashaka gufasha, ahubwo kubera ko abaje bamusanga bamukekeyeho ubushobozi adafite. Buriya ntihabura na bake muri twebwe baba baragiye cyangwa barifuje gufashwa no kunganirwa mu bintu binyuranye, ibyo bifuzaga ntibabibone, kuko uwo cyangwa abo birukiye ubwo bushobozi ntabwo bari bafite.

Imiryango yagiye kureba Dawudi ngo ayibere umwami yo nta cyo yamwibeshyeho, kuko ibyo bamusaba babimuziho, barabimubonanye: Kera bagifite umwami witwa Sawuli, ni Dawudi wabaga ari kumwe na bo, agatabarana na bo, agatabarukana na bo.  None se ibyo ko yabishoboye ari umugengwa, atumwa akanategekwa, ubu bizamunaniza iki ko azaba afite ububasha busesuye, ubutwari akaba atari ubwo asaba, ko ari intwari byahamye? Dawudi usabwa ibyo ashoboye, akabisabwa n’abavandimwe be, abamusaba bafite indi ngingo: ntabwo ari ibyo badukanye cyangwa bihangishijeho, Uhoraho yabibonye kare, abwira Dawudi ati : « bitinde bitebuke, ni wowe uzaragira umuryango wanjye Isiraheli ».

Hari imvugo dukesha Mutagatifu Agustini, ubwo yagarukana ku maherezo y’inyigisho z’ubuyobe z’uwitwaga Pelaji, icyo gihe yaragize ati « Roma [Papa] yamaze gutanga umurongo kuri icyo kibazo, bityo rero mumenye ko impaka zarangiye kera » (Roma locuta, causa finita). Ku birebana na Dawudi byo rero, si Roma cyangwa Papa wavuze, ahubwo ni Uhoraho ubwe wabyivugiye. None ubwo yarenzaho iki ? Nta cyo !

Kuri uyu munsi twizihizaho Ko Kristu ari umwami, tukaba tubonye uko abakuru b’imiryango ya Isiraheli bagiye kwinginga no guhata ingingo Dawudi bashaka ko ababera Umwami, biragaragara ko twatoneshejwe, kuko ibyo aba bakuru b’imiryango bakoze, twebwe abahoze ari abacakara b’icyaha tukaba n’ibicibwa, tubikorerwa n’Umwami wimitswe tutabigizemo uruhare, umwami utadukesha ubwami bwe ! Uyu mwami wacu Yezu yaratwinginze birenze uko aba bayisiraheli bavuze babwira Dawudi, aradusobanurira, aratwigisha maze ku bw’indunduro aradupfira, agira ngo atwinjize mu ngoma ye. Yezu abivuga neza aho agira ati: « Abahanuzi benshi n’intungane nyinshi bifuje kubona ibyo muruzi no kumva ibyo mwumva ariko ntibabyumva [ntibabona ubibabwira] (Mt 13, 17).

 

2)    Twarahiriwe. Mu mvugo isanzwe guhirwa ni ugutunganirwa n’ibyo wakoze, cyangwa se kugera ku kintu iki n’iki gifite agaciro cyangwa akamaro kanini ku bw’amahirwe. Iyo bimeze gutyo urishima kandi waba uri umuntu uzirikana ugashimira uwagufashije kugera kuri ibyo byiza. Isomo rya kabiri (Kol 1, 12-20) ryatangiye ridushishikariza kunezerwa no gushimira Imana Data we watumye tugira umugabane w’abatagatifujwe bari mu mucyo.  Uguhirwa kwacu ntabwo tugukesha imbaraga nyinshi twakoresheje, umuhate no gukora cyane, ahubwo tubikesha ubuntu bw’Imana. Ubwo buntu bw’Imana buteye gutya : yatugobotoye ku ngoyi y’umwijima, atujyana mu ngoma y’Umwana we akunda byimazeyo, ari We dukesha gucungurwa no kubabarirwa ibyaha (Kol 1, 14). « Kugobotora » ni ugukura ikintu cyangwa umuntu aho ku bwe atabashaga kwikura. Kuba rero Imana yaratugobotoye ku ngoyi y’icyaha, ni amahirwe akomeye cyane. Ubundi uwagobotowe hari igihe asabwa kwirwanaho nyuma yo kugobotorwa, kandi birumvikana icyari cyimuboshye kiba cyavuye mu nzira. Uwakugobotoye iyo akongereyeho no kuguhemba ukagorororerwa birenze ibyo uwagize akamaro, maze igihano kigasimbuzwa igihembo gisumbye ibindi byose bishoboka: kutujyana mu ngoma y’Umwana we akunda byimazeyo (Kol 1 13b), icyo gihe ikiba gisigaye ni ugushimira no kwitwara ku buryo bukwiye.

3)    Ganza iteka Mwami wacu: Ivanjili twumvise yadufashije gusuzuma uko ubuyoboke bwacu bwifashe. Hari umuryango wa Agisiyo gatolika ufite iyi ndamukanyo igira iti: « Kristu Umwami! Tumuyoboke! ». Umwana w’Imana ukundwa na Data ku buryo bwimazeyo, We waremye byose kandi byose akaba ari we byaremewe, byaba ibyo tubonesha amaso, ibyo tuzi, ibyo twumvise cyangwa se n’ibyo tutari twamenya nk’abantu, mu ivanjili twamubonye (ndavuga ko twamubonye, kuko iyo dusomye cyangwa twumvise iyi vanjili, buri wese agira uko abona amashusho y’uko byagenze cyangwa byari biri kugenda) bamwitaza: rubanda baguma aho bamurebera (Lk 23, 35a), abatware baramunnyega, baramucunaguza (Lk 23, 35b), abasirikari bamuha urwamenyo (Lk 23, 36) bigeza n’aho umwe mu bagiranabi wari ubambanywe na we amukina ku mubyimba: “Harya si wowe Kristu? Ngaho ikiza ubwawe na twe udukize” (Lk 23, 39), ariko ku bw’amahirwe habonetse umuntu umwe umucira akari urutega, agira ati : Sigaho, sigaho, twe twaciriwe urudukwiye, ariko we ni intungane. Yungamo ati : “Yezu uranyibuke igihe uzazira kwima ingoma yawe” (Lk 23, 42).

-         N’ubu rudanda ruracyarebera Yezu : Kurebera ni ugushungera, ni ukureba ibintu bibabaje biri kuba ku muntu ntushake kugira icyo ubikoraho. Ubwo Sawuli yari agiye gutoteza abakristu i Damasi, urumuri rwaramugose, yumva ijwi rimubaza ngo : « Sawuli, Sawuli urantotereza iki ? Sawuli yarabajije ngo “Uri inde Nyagasani” ? Ijwi ryaramushubije ngo “Ndi Yezu uwo uri ho utoteza”. (Intu 9, 4-5). Hari abantu benshi babayeho nabi, bidatewe gusa n’uko hari ababagirira nabi, ahubwo nanone bitewe n’uko hari abandi bantu banga kwiteranya, ntibatinyuke kubavugira. Si ibyo gusa, hari byinshi abantu turebera, tugaterera iyo, tukanga kwivuna, nyamara twemeye kugira icyo tubikoraho hari benshi baba batabawe maze na bo bakamererwa neza.

-         N’ubu Yezu ni umwami w’ibiremwa byose : Ni mahire ko turi gusoza Yubile y’imyaka 2025 y’icungurwa rya muntu n’imyaka 125 abanyarwanda twakiriye Inkuru nziza. Tugiye mu byo kubara, twavuga ko byatwaye imyaka igera kuri 1900 kugira ngo nk’abanyarwanda tumenye ku buryo butari incamarenga ko Yezu Kristu ari we Mwami wacu.  

Ubwo twabimenye tukaba turi no kubihimbaiza Yubile, nitumusabe aduhe Umutima mushya n’ubwenge bushya, kugira ngo mu buzima bwacu tubeho turi abahamya n’abayoboke b’ingoma ye, b’ubwami bwe buhoraho iteka ryose. Birakenewe kandi birihutirwa ko abatuye isi muri rusange na buri wese muri twe twakira Yezu mu mitima yacu nk’umwami, tukemera ko aba umugenga w’ubuzima bwacu n’ubw’abacu, tukamusanga aho kumwitaza no kumuhunga, tukemera kuzibukira amatwara n’ibikorwa binyuranyije n’ugushaka kwe, mbese muri make, tukirinda kumugomera.

-         Kristu, Umwami w’indacogora n’intangarugero : Mu ibaruwa 1 Petero 2, 21b-23, Petero aragira ati « Kuko na Kristu yababaye ku mpamvu yanyu akabasigira urugero kugira ngo mukurikize inzira ye. We utigeze akora icyaha, kandi akaba atarigeze avuga ibinyoma ; agatukwa, ariko ntasubize igitutsi, mu bubabare bwe ntagire uwo akangara, ahubwo akiragiza Umucamanza w’intabera ».

Yezu Kristu duhora dusingiza kuko ari Umwami w’ibiremwa byose maze kuri uyu munsi wo bikaba akarusho, kutubera Umwami abikomora ku bubabare bwe, urupfu n’izuka bye kandi muri iyo nzira yari igoye yirinze ko hagira icyamusitaza. Aya magambo akurikira yayagize aye kandi natwe tuyagize yacu byaba ari ntako bisa: “Utihutira kurakara aruta intwari, kandi umuntu witsinda aruta uganza umugi” (Imigani 16, 32).

Umuririmbyi wa Zaburi yigeze gutekereza bishyira kera maze yiyamirira agira ati “Umuntu ni iki kugira ngo ube wamwibuka? Mwene muntu ni iki ngo ube wamwitaho? Rwose habuzeho gato ngo umunganye n’Imana: umutamiriza ikamba ry’ikuzo n’uburanga, umugira umwami w’ibyo waremye, umwegurira byose ngo abitegeke”! Zab 8, 5-7.

Aya magambo y’uyu muririmbyi wa zaburi dushatse twayaherekeresha aya ngaya : « Mwene muntu n’iki kugira ngo mu kumukiza wemere ko Umwana wawe ashinyagurirwa akababazwa, akicwa urwagashinyaguro »? Kimwe mu bisubizo cyaba iki ngiki : Ni uko Uhoraho ari umunyampuhwe akaba n’umunyaneza, agirira bose ibambe maze imbabazi ze zigasakara ku biremwa byose (Zab 145, 8-9) kandi akaba atishimira urupfu rw’umunyabyaha, ahubwo akaba ashaka ko abantu bose bisubiraho, maze Yezu akabakiza.

Dushime Yezu Kristu Umwami w’ibiriho byose, we utagatifuza abatagatifujwe kandi akaba ari We Mwami nyakuri w’abami kuko ari we wenyine Mugenga w’abo Imana yeguriye byose ngo babitegeke.

Padiri Gaspard BIJYIYOBYENDA

Retour aux homelies

Homélies récentes
Inyigisho ziheruka