Amasomo matagatifu tuzirikana:
ü Isomo
rya mbere: Iz 42, 1-4.6-7
ü Zab 29(28),1-2, 3ac-4,3b-4, 3b.9c-10
ü Isomo rya kabiri : Intu 10,34-38
ü Ivanjiri : Mt 3,13-17
Tumaze iminsi tuzirikana ibihe bidasanzwe Imana yageneye
isi bitwibutsa kandi ibikorwa bihambaye Imana yakoreye isi. Ukwigira umuntu kwa
Jambo, Imana ikaza guturana n’abantu byagaragaje ko Imana ikunda abantu kandi
itabatererana. Kuri uyu munsi turakomeza kubona ko Imana, mu mugambi wayo wo
gucungura abantu, ikomeza gusangira nabo urugendo rw’ubuzima rugana kuri Yo.
Koko Muntu yaremewe kubana ndetse no kuzabana n’Imana. Icyaha kidutandukanya
n’uwo mugambi w’Imana, irashaka ko tugitsinda turi kumwe na Yo. Ni muri
Batisimu dukirizwa icyaha cyari cyangije kamere muntu kikangiza umubano wacu
n’Imana. None dore iyo Batisimu, umwana w’Imana wigize umuntu agasa natwe ariko
akaba intungane n’Umwana w’Imana (Lk1,35) agiye kuyihabwa.
Batisimu ni isakramentu Kristu adukirizamo icyaha
cy’inkomoko, n’ibyaha byacu bwite twakoze tutarabatizwa, akaduha ubugingo
bushya bw’abana b’Imana muri Kiliziya ye. Batisimu ya Yohani yari iyo kwisubiraho,
agasaba rubanda kwemera uwari ugiye kuza nyuma ye ari we Yezu (Int19:4). None
dore na we aje guhabwa batisimu. Ni ikimenyetso kigaragaza ko aje mu bantu ngo
ahabwe batisimu hamwe na bo, bityo na bo bahabwe batisimu hamwe na we, bityo
bizabahe kugira ubugingo hamwe na we. “Koko rero ku bwa batisimu twahambanywe
na we mu rupfu rwe kugira ngo, uko Kristu yazuwe mu bapfuye n’ikuzo rya Data,
natwe tugendere mu bugingo bushya”. Ni we rumuri isi yari ikeneye. Ubuhanuzi
bwa Izayi buramushushanya: “Ni jye Uhoraho wakwihamagariye nkurikije umugambi
wanjye, ngufata ikiganza ndakwizigamira, nkugenera kwemararira isezerano
ry’imbaga no kuba urumuri rw’amahanga, kugira ngo uhumure amaso y’impumyi,
uvane imfungwa mu nzu y’imbohe, kandi ukure mu munyururu abari mu mwijima”
(Iz42,6).
Mu kwigira umuntu Jambo yahaye agaciro imibiri yacu
yahanganywe gupfa. Ndetse no muri batisimu aha agaciro batisimu yacu kuko ari
ugushaka kw’Imana, itari umugambi w’abantu. Ikibazo Yezu abaza abashaka
kunangira imitima: batisimu ya Yohani yaturutse mu ijuru, cyangwa ku bantu ?
Kiratureba uyu munsi: Ese batisimu duhabwa muri Kiliziya yaturutse mu gushaka
kw’Imana cyangwa kwa muntu. Hari ababyeyi badafasha abana guhabwa batisimu
nk’isakramentu ritwinjiza mu muryango w’abana b’Imana ngo nibakura
bazihitiramo, nk’aho guhitamo Imana bigomba kubanza kugereranya n’ibindi. Aha
birengagiza ko bafite inshingano zo gutoza umwana akiri muto inzira igana
Imana. Ese kuki badategereza ngo azahitemo amafunguro nakura? Ese uwo muryango
umwana avukiyemo babanje kumubaza niba ari wo ashaka kuvukiramo? Aho rero ni
ukwirengagiza ukuri. Keretse niba hari icyo bicuza kuba baramenye Imana no kuba
barahawe batisimu. Gusa aho baba bageze ahabi.
Batisimu ya Yezu iratwereka ko Yezu Kristu akeneye abantu.
Arabasanga
naho bakeka ko atagera. Ni umushyitsi udategereza ko abo asura batinda mu
gusukura aho bamwakirira kandi we ahageze yabafasha gusukura neza uko bikwiye
hagahora isuku. Abasanze aho bahabwa batisimu ibasukura ngo bitegure kumwakira.
Yohani Batista ntabwo abyiyumvisha: Ni jye ukeneye kubatizwa nawe, none
uransanze?” Yezu aje kwerekana ko ari inzira ijya mu ijuru kuko uwo udusanze
aho twisukurira ngo twakire Imana, Yo ubwayo irahamya mu ijwi ryayo iti: “Uyu
ni Umwana wanjye nkunda cyane unyizihira” ndetse na Roho w’Imana amumanukiraho
nk’inuma akamuhagarara hejuru. Barahirwa
abamwakira bakagendana na we, kuko yatuzaniye inkuru nziza y’amahoro (Intu
10,36).
Bakristu,
batismu twahawe ikatugira abana b’Imana ni itara twacanye ntirikazime. Muri ibi
bihe impamvu zo kudasenga zigenda zisumba impamvu zo gusenga, tumenye ko
urumuri rwamurikiye mu mwijima abarwakiriye bakitwa abana b’Imana. Urwo rumuri
hari abatararwakira cyangwa abo rwazimye. Imana yifuza ko abantu bose barwakira
kandi abakristu nibo bagomba kurutwara. Muri batisimu twahawe twunga ubumwe na
Kristu nidutware urwo rumuri ku isi hose kugira ngo abo rwazimye tubakongereze,
abatararwakira turubashyikirize.
Padiri Augustin GIRINSHUTI
Retour aux homelies