^

Inyigisho y’icyumweru cya Mashami, umwaka c, tariki 13 Mata 2025

Publié par: Padiri DUSHIMIMANA Flavien

Amasomo matagatifu tuzirikana:

Isomo rya mbere: Iz 50,4-7

Zaburi 22(21), 8-9,17-20,22c-24a

Isomo rya kabiri : Fil 2,6-11

Ivanjili : Lk 22, 14-71.23,1-56

            Bavandimwe, uyu munsi dutangiye igihe gikomeye duhimbazamo ugucungurwa kwacu. Ni icyumweru cya Mashami dutangiramo icyumweru gitagatifu, kidutegurira guhimbaza Pasika ya Nyagasani. Uyu munsi turahimbaza ibintu bibiri by’ingenzi :

1.      Isesekara rya Yezu mu murwa mutagatifu wa Yeruzalemu ashagawe na rubanda nk’umwami

2.      Kuzirikana ububabare bwe butwumvisha uko yadupfiriye.

Bavandimwe, nkuko iki cyumweru cya Mashami kibitwereka, mbere y’uko Yezu adupfira yinjiranye ikuzo i Yeruzalemu, yemerera rubanda kumwakira nk’umwami. Ariko ntiyahinjiye nk’umwami usanzwe ufite icyubahiro cy’isi ahubwo yahinjiye mu kwicisha bugufi n’ubwiyoroshye nk’umwami w’amahoro. Ibyo bigaragazwa n’indogobe yaje yicayeho nk’ikimenyetso cyo kwicisha bugufi, aho kuza ku ifarashi igaragaza imbaraga z’intambara, ikaba n’ikimenyetso cy’ikuzo ry’isi nk’uko abami b’isi basanzwe babigenzaga

Koko Yezu ubwe yarabyivugiye ko ingoma ye atari iya hano ku isi (Yh19,36), ubwami bwe ntibushingiye ku maboko n’ikuzo by’isi. Ingoma ye ishingiye ku rukundo, ubutabera n’amahoro, ni umwami utegeka imitima akayikuramo inabi n’ikibi cyose. Yezu ni umwami wicishije bugufi, yumvira Se ageza n’aho adupfira, apfiriye ndetse ku musaraba. Ibyo ni byo Pawulo mutagatifu atubwira mu isomo rya Kabiri ry’uyu munsi mu ibaruwa yandikiye abanyafilipi agira ati : « yihinduye ubusabusa, yigira umugaragu, yemera kumvira ageza aho gupfa apfiriye ndetse ku musaraba. Ni cyo cyatumye Imana imukuza imuha izina risumbye ayandi yose. » (Fil 2,6-11). Uwo mutsindo wa Yezu Kristu, tuwuhimbaza dukora umutambagiro twitwaje amashami y’imikindo, turirimba indirimbo z’ibyoshimo n’umunezero, ry’umuryango w’Imana uri mu rugendo rugana Yeruzalemu nshya yo mu ijuru.

Hakurikiraho kuzirikana ububabare bwe, tukumva uko yadupfiriye. Yezu yigize umuntu kugirango adupfire nk’uko byari byarahanuwe kuva kera. Yezu yapfuye abizi neza kandi abishaka rwose ngo ibyanditswe byuzuzwe. Mu maso y’abantu Yezu yaratsinzwe yicwa urw’umugome; naho mu maso y’Imana Yezu yapfuye atura igitambo kidukiza twese. Mu rupfu rwe Kristu yatsinze icyaha n’urupfu, atsinda umwanzi Sekibi adukingurira amarembo y’ingoma y’ijuru. N’ubwo ubugome bw’abantu bwari bwamuhindanyije, yateshejwe agaciro, Yezu nk’umugaragu w’Imana, umuhanuzi Izayi yatubwiye mu isomo rya mbere, yatsindishije kwiyumanganya imibabaro, yiringira Imana Se, ndetse ku musaraba ababarira abishi be, bityo atwigisha ko urukundo tumukunda rugomba kugaragarira mu gukunda abatugirira nabi.

Twibaze rero iki kibazo : « Twakunda dute abanzi bacu ? » Mbere na mbere tugomba kwivugururamo ubushobozi buturimo bwo kubabarira. Kandi burya igikorwa cyo gutanga imbabazi gitangirwa n’uwahemukiwe bikabije, uwabeshyewe, uwarenganyijwe, agatotezwa by’agashinyaguro nk’uko Yezu yabigenje ; kuko akenshi uwahemutse aba afite isoni n’ikimwaro ngo yubure umutwe asange uwo yahemukiye amusabe imbabazi. Isengesho Yezu yavugiye ku musaraba agira ati : « Dawe bababarire kuko batazi icyo bakora » (Lk 23,34) turigire iryacu kuko rizabohora umuvandimwe waduhemukiye rimuronkere agakiza k’Imana. Kubabarira bizaduha kwiyunga na bagenzi bacu, twongere duhure nabo. Kubabarira nibyo bizagaragaza ubushobozi twifitemo bwo gukunda abanzi bacu. Tugomba gushaka uburyo twakwiyegereza umwanzi wacu, akatubera inshuti, aho kumuhinda no kumwikiza cyangwa kumurebana indoro y’agasuzuguro. Ibyo bizamuha gusubiza agatima impembero nawe agaye ikibi yakoze kandi atere intambwe yo gusaba imbabazi no kwisubiraho. Tureke rero kwitura urwango ku rundi ni ukurubiba, twongera umwijima w’icuraburindi mu ijoro ritagira urumuri. Urwango ntirwirukana urundi, urukundo wonyine nirwo rubigeraho.

Bavandimwe, uyu munsi kandi mu kuzirikana ububabare bwa Nyagasani ntitugire igishuko cyo guhagarara ku bagize uruhare mu bubabare n’urupfu bye, maze natwe twibagirwe aho duhagaze. Nk’ubu turababazwa na buriya buhemu bwa Yuda wagambaniye Nyagasani wari waramutoye, akamugira inkoramutima ye, none ayoboye abaza kumufata. Izina rya Yuda turishimbuje iryacu, twasanga ari kenshi duhemukira Nyagasani, ubugambanyi bwacu bukarenga urugero, ubugereranyije n’Urukundo Nyagasani adukunda. Turibaza impamvu bariya bigishwa be bamutereranye kandi bari bahize gupfana na we. Ibi biduhe natwe kwisuzuma turebe aho duhunga imisaraba yacu, tukanga guhamya Imana aho urugamba rukomeye. Turagaya buriya bwoba bwa Petero bwatumye yihakana Yezu gatatu kose kandi yari yarahiye imbere ya bagenzi be ko bibaye ngombwa yapfana na we. Natwe ni kenshi twihakana Nyagasani mu myitwarire yacu imbere y’abanyamaboko b’iy’isi. Aho rero dukwiye gusaba imbaraga n’ubutwari Roho wa Yezu atanga, ngo dushire ubwoba, duhamye ukwemera kwacu kabone n’ubwo ubuzima bwacu bwaba buri mu kaga.

Abatware, abaherezabitambo n’inama nkuru bashinje Yezu ibinyoma ngo bicishe Yezu intungane y’Imana. Natwe twisuzume turebe aho tutavugisha ukuri, tukarangwa no kubeshyera mugenzi wacu kandi bimugiraho ingaruka zatuma atakaza ubuzima bwe cyangwa tukabushyira mu kaga. Turangwe no kuvuga ukuri, inzangano n’amatiku tubyimure mu mitima yacu. Pilato we yahisemo gutanga Yezu ngo ashimishe rubanda akunde arambe ku butegetsi aho kwimika ubutabare n’amahoro. Natwe ni kenshi turenganya inzirakarengane n’intungane turengera inyungu zacu bwite. Aho twisuzume maze duharanire kugera kubyo twifuza binyuze mu kuri no kutarenganya abandi, kandi tugerageze guca imanza zitabera.

Bavandimwe uyu munsi twisuzume. Ntiturebe gusa abo bagize uruhare mu rupfu rwa Yezu. Ahubwo twirebe ubwacu. Kuko ni ibyaha byacu yazize, nitwe twese yapfiriye. Kuzirikana ububabare bwa Nyagasani bitubere umwanya wo guhinduka by’ukuri. Tuvugurure urukundo dukunda Yezu. Tumuhoze agahinda k’abamugomera maze umukiro dukesha iyobera rya Pasika utahe muri twe.

Padiri DUSHIMIMANA Flavien

Retour aux homelies

Homélies récentes
Inyigisho ziheruka