Amasomo matagatifu tuzirikana:
ü Isomo rya mbere: Yozuwe: 5, 9a.10-12
ü Zabuli : 34 (33), 2-3,4-5,6-7
ü Isomo rya Kabiri : 2 Kor 5, 17-21
ü Ivanjili : Lk 15,1-3.11-32
REKA MPAGURUKE NSANGE DATA
Icyumweru
cya kane cy’igisibo bakita icyumweru cy’ibyishimo : Laetare. Ni umwanya wo
gutuza gato mu gisibo hagati tukareba aho urugendo rwacu rugeze, tukishimira ko
tugenda twegereza iyobera ry’ugucungurwa kwacu.
Kuri
iki cyumweru, amasomo Kiliziya Umubyeyi wacu yaduteguriye arongera kutwereka
Imana nk’Umubyeyi wuje impuhwe n’imbabazi bikomoka ku Rukundo rutagereranywa idukunda.
Niyo mpamvu yaduhaye Umwana wayo ikunda cyane kugirango aturamire : « Icyatumye
amanuka mw’ijuru ni twebwe abantu no kugira ngo dukire ».
Mw’isomo
rya Kabiri ryo mw’ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye abanyakorinti arabasaba
abinginga ngo bareke Imana ibigarurire, bareke Imana ibe umugenga w’ubuzima
bwabo. Bityo rero natwe kuri iki cyumweru dutere ikirenge mu cy’umwana twumvise
mw’ivanjili, buri wese avuge ngo : « Reka mpaguruke nsange data ».
Ukwijujuta
kw’abafarizayi n’abigishamategeko igihe Yezu yakiraga abanyabyaha akanasangira
nabo byatumye Yezu atanga inyigisho ikomeye. Mu gukora gutyo Yezu yari mu
murongo w’ubutumwa bwe kuko avuga ko abazima atari bo bakeneye umuti ahubwo
abarwayi.
Ikibabaje
nuko hari bamwe usanga barwaye, barembye, mbese ari abo kongererwa umwuka,
ariko ntibabimenye, ahubwo bagakomeza gutunga abandi agatoki. Abo bameze
nk’abafarizayi n’abigishamategeko. Niyo mpamvu hari aho Pawulo Mutagatifu avuga
ati : « uwibwira ko ahagaze, aritonde atagwa ».
Uretse
abafarizayi n’abigishamategeko, iyi vanjili iratubwira kandi Umubyeyi
n’abahungu be babiri. Aba bahungu babiri bafite imigirire itandukanye, gusa
bahuje umubyeyi mwiza kandi ubakunda bombi. Hari aho Yezu yavuze ngo aba mbere
bazaba abanyuma, n’abanyuma babe aba mbere.
Uyu
mwana muto, byose byari byiza akiri kumwe na se, amaze kugenda ntabwo yateye
kabiri, byose byaradogereye. Kwigumira mu maboko y’Imana nibyo byonyine bitanga
amahoro.
Yezu
yaravuze ngo « tutari kumwe ntacyo mwashobora ». Twibuke uko byagendekeye abigishwa igihe bagiye mu
bwato basize Yezu.
Icyaha
kidutandukanya n’Imana umubyeyi wacu udukunda, kitugeza kure, kidutesha agaciro
kandi turi abana b’umwami, tugasigara turushwa agaciro n’ingurube. Gushaka
kwigenga, tukirengagiza Imana.
Kugera
kure siko gupfa, umwana yageze aho agarura ubwenge, nyuma yo gutindahara no
gucishwa bugufi, yafashe umwanzuro wo kugaruka: Ngiye guhaguruka nsange Data.
Afite urwibutso rwiza rw’ibyiza byuzuye k’umubyeyi we yataye, ibyo nibyo
bimutera imbaraga zo guhaguruka agasubirayo. Tujye duhora twibuka ibyo Imana
yadukoreye, bitume tubona imbaraga zo kuyigarukira igihe twagiye kure yayo.
Tugomba gukumbura ibyiza bitangwa n’Imana yonyine tudashobora kubona ahandi,
ibyo bikaduha imbaraga zo kugaruka tutazuyaje.
Mu
rukundo rutagira urugero Imana idukunda ntabwo ituza iyo twayigire kure.
Umubyeyi w’umwana ngo yamuboneye kure yumva impuhwe ziramusabye. Wagirango
yahoraga areba hirya no hino afite icyizere ko umwana we azamugarukira.
Ukugaruka k’umwana kwabaye impamvu y’ibirori bihambaye. Nkuko Yezu yabivuze, umunyabyaha
umwe wisubiyeho atera ibyishimo mw’ijuru birenze iby’intungane mirongo urwenda
n’icyenda zidakeneye kwisubiraho.
Imana
ntijya irambirwa kubabarira, impuhwe zayo zihoraho iteka, dupfa gusa
guhaguruka, twamara guhaguruka tugatera intambwe idasubira inyuma tugana
Umubyeyi udukunda. Umubyeyi ntakeneye amagambo menshi umwana avuga, ntiyirwa
anamubaza ngo uvuye he, icyo akeneye ni umwana wari warapfuye none akaba
agarutse, akaba azutse.
Uyu
mwana muto twakuvako yatangiye nabi ariko aza gusoza neza. Dusabe Nyagasani ingabire
yo kuzagira iherezo ryiza.
Ku
rundi ruhande hari umwana w’imfura, twavuga ko yatangiye neza ariko aza gusoza
nabi. Nta Rukundo yifitemo. Yakabaye yarashimishijwe n’ihindukira rwa murumuna
we ariko siko byagenze, yarababaye ndetse yanga kwinjira mu rugo.
Kutigiramo
urukundo ni bibi cyane, bituma tumungwa n’ishyari, tugatangira kubona ibintu
uko bitari. Umwana w’imfura ageze mu rugo yahamagaye umwe mu bagaragu ngo
amubaze ibyo aribyo. Umugaragu yaramubwiye ngo ni murumuna wawe wagarutse. Se
agerageza gucururutsa umwana w’imfura yaramubwiye ati: byari ngombwa kwishima
kubera ko uriya muvandimwe wawe ureba yari yarapfuye none yazutse, yari
yarazimiye none yatahutse. Umwana w’imfura we nta nubwo akimwita umuvandimwe
we, yaravuze ngo uriya muhungu wawe. Arangije agerekaho no guca imanza z’ibyo
adahagazeho ngo wagarutse amaze kumarira ibintu byawe mu ndaya, nk’aho bari
kumwe. Uyu mwana yagumye mu rugo nyamara yifitemo umutima mubi.
Niyo
mpamvu natwe dushobora gucira abanda urubanza twe tukigira abantu bazima,
nyamara imitima yacu iri kure y’Imana. Kuba waba umupadiri, uwihayimana, wumva
misa kenshi ukavuga n’andi masengesho uko Kiliziya ibiteganya ni byiza ndetse
cyane. Ariko ibyo byose bigomba kurenga ibigaragara inyuma bigacengera umutima,
bikakugira ikiremwa gishya.
Nibyo Pawulo Mutagatifu yatubwiye mw’isomo rya
Kabiri ngo «umuntu wese uri muri Kristu yabaye ikiremwa gishya». Ibyo byose
nibibe ibyoroshya imitima yacu kugirango Imana iyigarurire. Naho ubundi imibiri
yacu yagumye mu rugo, naho imitima yacu yo yagiye kure y’Imana.
Nyagasani
Mana, Mubyeyi wuje urukundo n’impuhwe, tukwituye uko turi, uduhe kwibwiza
ukuri, duhaguruke bwangu tuve mu bitujyana kure yawe na kure y’abavandimwe,
twinjire mu muryango w’impuhwe zawe zitagira urugero kugirango duhinduke
ibiremwa bishya, maze dusogongere ku byiza bihora iwawe tukiri hano kw’isi,
bitubere n’icyemezo ko tuzabisangira byuzuye mu Ngoma yawe ubuziraherezo.AMEN!
Padiri Eric HABIMANA
Retour aux homelies