^

INYIGISHO Y’ICYUMWERU CYA GATATU CY’IGISIBO, UMWAKA C, TARIKI YA 23 WERURWE 2025

Publié par: Padiri DUSHIMIYIMANA Pierre Damien

Amasomo matagatifu tuzirikana:

ü  Isomo rya mbere: Iyim 3,1-8a.10.13-15   

ü  Zab 103(102), 1-2, 3-4, 6-7, 8.11

ü  Isomo rya Kabiri: 1Kor 10, 1-6.10-12

ü  Ivanjiri: Lk 13, 1-9

Bakristu bavandimwe, dukomeje urugendo rw’igisibo twitegura guhimbaza izuka rya Nyagasani Yezu, ku munsi mukuru wa Pasika. Kuri iki cyumweru cya gatatu cy’igisibo, abazabatizwa kuri Pasika bakorerwaho umuhango w’ubucengezanema bwa mbere. Turabasabira kugira ngo iki gisibo kibafashe kwakira neza ingabire za Batisimu bazakira kuri Pasika.

Tuzirikanye aya masomo matagatifu mu gihe hirya no hino ku isi hari abantu bari mu babangamiwe n’ibibazo bitandukanye by’ubuzima: hari abashonje, ababangamiwe n’intambra, abari mu rusobe rw’ibibazo kandi ahenshi bigizwemo uruhare n’abantu ubwabo Imana yaremye ku bushake bwayo no mu bugenga bwayo. Kuki Imana yemera ko habaho ibyago byose nk’ibyo ngibyo? Rimwe na rimwe tunashinza Imana, tukayibaza impamvu ibyo byose yemera ko bibaho cyangwa tukavuga ko ariyo ibitera. Hari amagambo muzi dukoresha iyo turi mu bihe nk’ibyo: Imana ni ko yabishatse cyangwa yabigennye; ni umugambi w’Imana; Imana ntikiri hafi yacu, Imana yaratwirengagije….Ese koko Imana iri kure ya muntu? Oya. Ahubwo muntu kubera ibyaha yagiye kure y’Imana. Adamu na Eva bamaze gucumura ngo bagiye kwihisha maze Imana ibahamagaye Adamu arasubiza ati nabonye nambaye ubusa ndihisha. Icyaha rero gituma umuntu ahunga Imana. Amasomo matagatifu y’uyu munsi aratwereka ko Imana itari kure yacu ahubwo Imana iza mu buzima bw’abantu yifashishije abandi bantu. Isanzwe inatuzi neza kandi iradukunda cyane.

Mu isomo rya mbere twumvise Uhoraho abwira Musa amagorwa y’umuryango we agira ati: “Amagorwa y’umuryango wanjye uri mu Misiri narayitegereje, kandi imiborogo baterwa n’abakoresha b’imirimo narayumvise, n’imiruho barimo ndayizi.” Twumvise kandi Musa ahabwa ubutumwa ashyira abayisiraheli ati: genda ubabwire uwo ndi we: “Ndi Uhoraho, Imana y’abakurambere banyu, Imana ya Abrahamu, Imana ya Izaki, Imana ya Yakobo”. Duhereye kuri ibyo tugomba kumenya ko abantu bose bari mu kaga no mu ngorane zinyuranye z’ubuzima tubatumweho kandi tukababwira iby’Uhoraho Imana ibadutumaho. Tubabwire ko ibyago byose barimo, bidaterwa n’uko ari abanyabyaha kurusha abandi. Byose Imana irabireba, izi akababaro kabo kandi ntisinziriye, iraje ibibagobotoremo. Imana yacu si Imana iri kure yacu ahubwo ni Imana itwegera ikatuvugisha ikatwereka ahari ubuzima bwiza kandi butubereye, igihugu cy’isezerano. Ni Imana yatwigaragarije muri kwigira Umuntu kwa Yezu igasangira ubuzima natwe uko buri. Imana iratuzi neza.

Nk’uko twabyumvise mu Ivanjili bavandimwe, dukwiye kujya dufata umwanya wihariye, mu isengesho, tugatekerereza Yezu ibishavuje abantu (nk’uko bariya bantu baje kumutekerereza iby’ubwicanyi bwa Herodi): intambara, inzara, ubuhunzi, ubuhakanyi, umwiryane, inzangano, impfu za hato na hato, indwara z’ibyorezo, amakimbirane mu miryango, uburushyi, kudohoka mu by’Imana kugaragara mu byiciro binyuranye by’abakristu, ubupfubyi, isenyuka ry’imiryango, akarengane gakorerwa abo tuzi n’abo tutazi, ubushomeri mu rubyiruko, kwikubira imitungo n’imirimo, ugutonesha kubyara ishyari n’uburakari, … ariko cyane cyane tumwereke ubunangizi bw’umutima butihishira muri iki gihe. Yezu niwe uduhindura beza. Kimwe na Musa kandi dupfukame imbere ya Nyagasani, twipfuke mu maso ubundi tureke Nyagasani aduhe ubutumwa bukwiye twatanga mu bihe bikwiye by’ubuzima. Musa yabanje gushidikanya atekereje ibyo gusanga Farawo, umugome n’umubisha yari azi neza wari wari waracakaje kandi ahahamura imbaga y’abayisiraheli. Ibyo Uhoraho atubwira kuvuga ni ijambo ritanga ihumure ku muryango no ku bantu muri rusange: “ndamanutse ngo mbagobotore mu maboko y’abanyamisiri, maze mbavane muri icyo gihugu mbajyane ku butaka bw’indumbuke kandi bugari, mu gihugu gitemba amata n’ubuki”.

Muri byose rero, dutege amatwi Nyagasani uduhamagara, akatwimenyekanisha, ubundi akadutuma. Natwe rero nta mutuzo n’amahoro twakagombye kugira kandi Inkuru nziza dushinzwe kwamamaza itaragera kuri bose. Musa yari atekanye aragiye ubushyo bwa Sebukwe Yetero mu butayu ariko Uhoraho amufasha gusubiza amaso inyuma ngo arebe aho yahoze mu bucakara bwa Misiri, hari hakiri bene wabo benshi kandi bashikamiwe. Musa ubwe yari azi uko yavutse, uko yakuze, aho yakuriye n’icyahamuvanye. Gusubira muri rwaserera kandi wari umaze gutekana si ikintu cyoroshye. Ariko uwo tureberaho ni Yezu Kristu. Mu ibaruwa Pawulo Mutagatifu yandikiye Abanyafilipi aduhishurira uko byagendekeye Yezu: Nubwo we yari afite imimerere imwe n’iy’Imana, ntiyagundiriye kureshya na Yo. Ahubwo yihinduye ubusabusa, yigira nk’umugaragu, maze mu migirire ye agaragaza ko ari umuntu. Nuko aho amariye kwishushanya n’abantu yicisha bugufi kurushaho, yemera kumvira ageza aho gupfa, apfirirye ndetse ku musaraba.” (Ph 2, 6-8). Iki gisibo kitubera akanya keza ko kwemera guheka imisaraba yacu n’imibabaro y’abandi ngo dukurikire kandi dukurikize Yezu Kristu.

Imana ni Inyampuhwe n’inyambabazi, irihangana kandi ni Nyirubutungane ishaka kudukura mu bucakara bw’icyaha ikadushyira ahantu hatekanye: Igihugu cy’isezerano, ahantu hatemba amata n’ubuki. Ntiyabyishoboza tutayemereye ngo idutume. Imana yagombye kwifashisha Musa n’abahanuzi ngo iyobore abayahudi ku mukiro; yifashishije Umubyeyi Mariya ngo ibashe gukiza isi; na Yezu ubwe yatoreye abigishwa kubana na We, kumukurikira no kumutumikira. Bityo nta muntu n’umwe wemerewe kwanga ubutumwa ahawe. Kwanga ubutumwa ni ugutererana Imana. Twemere ubutumwa ku neza kandi twishimire kujya aho dutumwa hose. Ku bwa Musa gusubira mu Misiri, igihugu cy’uburetwa, amarira n’imiborogo, cyari kuba nk’igihano, ariko yaremeye kubera impamvu yagombaga gusubirayo: gusohoza Ubutumwa bw’Uhoraho. Kandi koko hari abafata ubutumwa bumwe na bumwe bahawe nk’igihano. Urugero ni nka Yonasi Umuhanuzi washatse guhungira Uhoraho i Tarishishi, hari n’abandi … Tujye dusubiza nka Izayi umuhanuzi tuti: Ndi hano ntuma; ubundi tuvuge tuti: Urampe imbaraga Nyagasani mu butumwa bwose umpamagararira, mbashe gukora ugushaka kwawe. Umugani w’igiti cy’umutini kitera imbuto udufashe kwiyumvisha ukwihangana tugomba kugira mu butumwa cyane cyane iyo tugeze ahari imbogamizi y’uko Ivanjili ya Yezu Kristu itakiriwe neza uko byagakwiye. Erega natwe iyo dutinze guhinduka Imana iratwihanganira ikadutegereza. Icyo dusabwa ni ukutagundiriza umutima wacu ngo dushyire ibyo guhinduka ejo cyangwa ejo bundi, duhore duhindukirira Uhoraho buri munsi. Umuhinzi mwiza ategereza yihanganye kugeza igihe ibyo yabibye bitangiye imbuto. Twese abakristu ubutumwa dukora si impfabusa, igihe kizagera imbuto zabwo zigaragare. Ni byo uriya mugaragu yabwiye Shebuja. Duture Nyagasani ubutumwa dukora aburumbure imbuto nyinshi.

Dusabe Imana ngo iduhe imbaraga zo gukomeza kuyitunganira no kuyikorera uko bikwiye kandi imyiteguro ya Pasika yegereje idufashe guca bugufi imbere ya Yezu Kristu wemeye gupfa kubera twe.

Padiri DUSHIMIYIMANA Pierre Damien

                                                

Retour aux homelies

Homélies récentes
Inyigisho ziheruka