Amasomo matagatifu tuzirikana:
ü Isomo rya mbere:
Iz 43, 16 – 21;
ü Zab 125 ;
ü Isomo rya kabiri : Fil 3, 8
– 14 ;
ü Ivanjiri : Yh 8, 1 – 11
Mu
Isomo rya mbere, Uhoraho aributsa Umuryango we ibyo yawukoreye mu bihe byahise
akawusezeranya gukora ibirutaho.
Kera
yakamije inyanja, atanga akayira mu mazi magari, ahari amazi harumuka; ubu
agiye guhanga inzira mu butayu, ahantu h'amayaga ahareme inzuzi zitemba. Ibyo
byose Uhoraho abigirira umuryango yihitiyemo maze nawo ukazahora uvuga
ibisingizo bye.
Natwe
dusubiye mu bihe byahise, turasanga Nyagasani yaradukoreye ibitangaza byinshi
mu buzima bwacu: amazi magari yatwambukije, ubucakara yatuvanyemo, ubutayu
yadutambukije.
Igihe
cyahise nibwo buhamya buruta ubundi twatanga ku Mana. Nibwo buhamya buruta
ubundi bw'uko Imana ikiza kandi itwitayeho. Igihe cyahise nicyo kiduha icyizere
cy'igihe kizaza: ubushobozi, ububasha n'impuhwe by'Imana ntibyarangiriye mu
gihe cyahise: iraduteganyiriza ibindi ndetse birushijeho.
Mu
Isomo rya kabiri, Pawulo aratanga ubuhamya bw'ubuzima bwe. Aratugaragariza
intera eshatu z'ubuzima bwe akaba ari nazo ntera z'ubuzima bwa buri mukristu :
·
Ubuzima bwahise butarimo
Kristu, mbere yo kumumenya
·
Uko yahuye na Yezu
·
Ubuzima bushya burangwa
no kwizirika kuri Kristu yamenye : kurushaho kumumenya, kwishushanya na we,
kumugenderaho, kumwamamaza
Ubuhamya
bwa Pawulo bukwiye kudufasha kubona ubwacu. Ibyo twishingikirizaho tugakeka ko
ari byo bitugize, ko aribyo bitubeshejeho, ni umwanda, ni igihombo
ubigereranije n'ikiza kiruta byose aricyo guhura na Yezu, kumumenya no
kumukurikira. Ibintu byose bigabanya agaciro wabihaga iyo wahuye na Kristu. Yezu
aruta ibindi byose byaduha agaciro.
Nyuma
yo guhitamo no kunyurwa na Yezu, hakurikiraho kumwihambiraho ubutamurekura.
Kugerageza kumusingira kugira ngo twigumanire ubuzima bwose. Ntabwo dukwiye
kwibwira ko twashyikiriye ; tugomba guhora twihatira kumusingira nk'uko
yadusingiriye. Ku musaraba yadaduhobeye twese, yemera ko ibiganza bye biterwamo
imisimari kugira ngo atazahina amaboko n'ibiganza. Yakinguye urubavu rwe ngo
twinjiremo tubone ubwugamo n'ubuhungiro. Pawulo ati " Ndatwaza ngo nsingire Kristu mbese nk'uko we ubwe yansingiriye...
ibyahise ndabyihorera nkihatira ibizaza ".
Ngaho
nawe tanga ubuhamya bwawe nanjye ntange ubwanjye: mbere yo kumenya Yezu, uko
namubonye, umugambi mfite. Nkwiriye kwibuka uko ubuzima bwanjye bwari bumeze
mbere yo kumenya Yezu. Nkwiriye kwibaza niba hari impinduka Yezu yazanye mu
buzima bwanjye. Esa naba mpombye iki mutakaje, musize, ntamufite ? Ni iyihe
migambi mfite yo kumukomeraho ?
Mu Ivanjili, Inkuru Nziza ya Yezu Kristu, twumvise umugore nawe waduha
ubuhamya bw'ibyamubayeho! Ni umugore wari wafashwe asambana! Yari yarugezeho
kuko kuko bene abo bagore baterwaga amabuye bagapfa.
Hari ijambo uriya mugore atazibagirwa mu buzima bwe, ijambo ryamutunguye “ Nanjye singuciriye urubanza, ariko
uherukire aho gucumura ukundi". Uyu mugore nawe afite igihe cyahise,
akagira uriya munsi yahuye na Yezu akamukiza intosho yari agiye guterwa,
akagira n'ahazaza.
Igihe cyahise cy'uriya mugore, amateka ye, harimo icyaha, abonamo icyaha
yari yafatiwemo; icyaha cyahanishwaga guterwa amabuye !
Bavandimwe, turabizi, turabibona : icyaha kiriho, gucumura birashoboka.
Buri kanya tuba turi mu mayirabiri y’urupfu n’ubuzima. Rimwe tugahitamo
neza(ubuzima), ubundi tugahitamo nabi(urupfu). Byarabaye mu mateka yacu, buri
wese yabibona mu mateka ye bwite.
Intege nke zacu zitugusha mu cyaha n’urupfu ariko Impuhwe z’Imana zidukiza
icyaha, zikadusubiza ubuzima. Yezu arabwira bariya bagabo bari bamuzaniye
“umunyabyaha” ati : “Utarakora icyaha ngaho namubanze ibuye”.
Nta n’umwe wabonetse ngo arimutere. Yezu
wenyine niwe washoboraga kumutera iryo buye kuko ariwe ntungane, ariko
yarangiza akayabatera na bariya bandi. Ntiyabateye amabuye, ahubwo yaberetse ko
nabo ubwabo batagomba guterana amabuye.
Umunyabyaha wese burya ni umunyabyago ukwiye kugirirwa impuhwe aho
kongererwa ibindi byago byo guterwa amabuye. Mbere y’uko apfa Yezu yababariye
bose agira ati “ Dawe babarire kuko batazi icyo bakora”, ni nko kuvuga ngo
“babarire kuko n’ubundi barababaje”. Umunyabyaha burya ni umunyabyago kuko aba
agana urupfu rw’iteka ! Umunyabyaha aba ababaje
!
Imbabazi Imana itugirira si uburyo bwo kugira ngo twikomereze ibyo
twababariwe ahubwo ni andi mahirwe tuba duhawe yo kwisubiraho. Ku Mana ntawe
ujya urenga ihaniro, buri wese ihora yizeye ko yahinduka. Isaba buri wese
kutagira uwo aciraho iteka, kutagira uwo aheba. Ntukagire uwo uheba, ariko nawe
ntukihebe !
Yezu amaze kubwira abari bazanye uriya mugore, ngo yatangiye kwandika ku
butaka. Yariyunamiye kugira ngo abahe umwanya buri wese yibaze, yitekerezeho,
yisuzume. Uwo mwanya ntawo bari babonye kubera umujinya n’ishyaka bari bafitiye
“umunyabyaha”.
Yezu Nyirimpuhwe yanze kubahanga amaso kugira ngo hatagira uwo atera
ubwoba, ahubwo buri wese yisuzume mu bwisanzure. Ntawe yashinje, ahubwo
yabaregeye umutimanama wabo. Bamaze kwisuzuma, amabuye bayajugunye hasi,
bagenda banyomboka bagira ngo Yezu, we ntungane, ataza kuyabatera kubera ibyaha
bibonyeho, biyiziho.
Ngo abantu batuye mu nzu z'ibirahuri, ntibakina umukino wo guterana amabuye
! Twese turi abanyabyaha, turi abanyantege nke : Uyu munsi natwe twisuzume neza kugira ngo tujugunye
amabuye twari twiteguye gutera abandi. Nidusanga kandi ari twe twari
dukwiye kuyaterwa, dushimire Imana yaduhuje na Yezu, we utadutera amabuye
ahubwo akaduha andi mahirwe yo kwisubiraho.
Ni kenshi twashoboraga kuba twaratewe amabuye kubera ibyaha byacu, ariko
twahawe andi mahirwe yo kubaho no kwisubiraho. Natwe dufashe hasi amabuye
dufashe dushaka kuyatera abo twita abanyabyaha.
Wowe ufashe amabuye mu ntoki (mu mutima) ushaka kuyatera mugenzi wawe, umva
Yezu ukubwira ati “Niba utarakora icyaha ngaho yamutere”.
Aho wowe wahava amahoro ? Nyagasani
witaye ku byaha byacu ni nde warokoka ?
Nawe kandi, wowe ufite isoni n’ubwoba kubera icyaha cyawe, kubera abagucira
urubanza, kubera ibyo wiyiziho, umva Yezu ukubwira ati “Nanjye singuciriye urubanza,
genda ariko ntuzongere”.
Yezu ntakunda icyaha ariko akunda abanyabyaha kuko abo banyabyaha bashobora
kubireka. Ntashyigikiye ibyaha dukora ahubwo yifuza ko twabivamo. Twoye rero
gupfusha ubusa impuhwe twagiriwe ngo twikomereze mu ngeso mbi no mu byaha
binyuranye. Hari urundi rubanza rudutegereje mu mpera z'ubuzima bwacu. Iyaba uyu munsi twakundaga kumva ijwi rye,
ntitunangire umutima wacu.
Nihasingizwe Yezu usubiza ubuzima abari bageze ku rupfu ! Nihasingizwe Yezu
utubabarira kandi akatwigisha kubabarira abandi. Nihasingizwe Yezu uduha andi
mahirwe yo kwisubiraho. " Nanjye
singuciriye urubanza ariko uherukire aho gucumura ukundi ". Urakoze
Nyagasani Yezu !
Yezu Kristu akuzwe iteka ryose !
Padiri Evariste DUKUZIMANA