Amasomo matagatifu tuzirikana:
Ø Isomo rya rya mbere: Intg 15,
5-12.17-18;
Ø Zab 26 (27) ;
Ø Isomo
rya kabiri : Fil 3, 17-4,1 ;
Ø Ivanjiiri
: Lc 9, 28b-36.
Bavandimwe, Kuva ku wa gatatu w’ivu, twatangiye igisibo,
urugendo rw’iminsi mirongo ine rudutegurira pasika, ariko runashushanya ko turi
ku isi ariko tutari abayo, ko iwacu ari mu ijuru, bityo natwe tukaba turi mu
rugendo rugana mu ngoma y’ijuru.
Burya iyo abantu
bateruriye urugendo hamwe, kugirango rushoboke ni uko bagira ibyo bumvikanaho.
Natwe dutangira uru rugendo rwacu rw’igisibo, hari imyitozo nyobokamana ine
twasabwe ariyo : Gusenga, Kwicuza, Gusiba no Kurangwa n’ibikorwa by’urukundo.
Amasomo matagatifu ya kino cyumweru araturarikira kuzirikana ku ngingo y’ “ISENGESHO”.
Muri
Gatigisimu batwigisha ko gusenga ari
“Ukuganira n’Imana, nk’uko umwana aganira n’umubyeyi we”. Burya umuntu waba
afite amahirwe yo kuba akigira umubyeyi we, ariko agafata icyemezo cyo
kutazigera aganira na we, yaba ageze kure. Mu yandi magambo yaba yahisemo
urupfu kuko yaba yamaze kwitandukanya n’uwamuboneye izuba. Natwe burya iyo
tugira intege nkeya mu isengesho, tuba tugenda dupfa buhoro buhoro kuko tuba
twatangiye kwitandukanya n’Imana yaduhaye ubuzima.
Uyu
munsi mu ivanjili baduhayeho Yezu urugero. Ivanjili yagize iti: “Muri icyo
gihe, Yezu ajyana na Petero, na Yohani na Yakobo, aterera umusozi, ajya
gusenga” (Lc9,28).
Na Yezu yarasengaga. Yaganiraga n’Imana se. Iteka ryose,
iyo yajyaga gukora ibintu bikomeye, yabanzaga gusenga, ndetse byaba na ngombwa
akarara asenga. Ese jyewe ni uwuhe mwanya mpa isengesho mu buzima bwanjye ? Ese
iyo ngiye kugira icyo nkora icyo ari cyo cyose, ndabanza nkacyereka Imana ? mu
gitondo ? nimugoroba ?
“Yezu aterera umusozi, ajya gusenga”. Muri Bibiliya,
Imana yakunze guhurira kenshi n’abantu ku Musozi : Musa yaherewe amategeko
y’Imana ku musozi. Abahanuzi nka Eliya n’abandi bagiye bahurira n’Imana ku
Musozi. Ku musozi ni ahantu haba hirengeye, hitaruye urusaku rw’ino si. Ese
jyewe umusozi wanjye njya mpuriraho n’Imana ni uwuhe ? Ese jyewe ni hehe njya mpurira
n’Imana ? Burya kugirango isengesho ryacu rigere ku Mana, bisabako turivuga
twitaruye ibindi byose byaturangaza. Guterera umusozi si ukuwuterera n’amaguru
gusa, ahubwo ni no kuwuterera mu mutima, cya gihe niyemeza kureka bya bindi
byose bituma ntabona Imana. N’ubu turi mu Misa, nshobora kuba ntuje, nyamara
umutima wanjye wibereye ahandi, wibereye muri bya bindi byose nasize, cyangwa
bijya ndaza gukora ntashye. Burya kugirango isengesho ryacu rigere ku Mana,
bisabako twitarura ibiturangaza byose, ari byo bishushanywa no guterera
umusozi. Burya isengesho, mbere na mbere ni umwanya twahaye Imana kurushako ari
amagambo tuvuga.
«
Nuko haza abagabo babiri baganira na we, ari bo Musa na Eliya ». Aba bagabo
bari bamaze imyaka n’imyaniko barapfuye. Musa ni umwe wahawe amategeko y’Imana;
Eliya we akaba umuhanuzi ukomeye. Bityo rero Yezu yarari kumwe n’abahagarariye
ibyanditswe bitagatifu aribyo “Amategeko n’Abahanuzi”. Mu yandi magambo Yezu
yarari kumwe n’Ijambo ry’Imana. Ese jyewe ni uwuhe mwanya njya mpa Ijambo
ry’Imana mu buzima bwanjye? Ese muri iki gisibo ni kangahe njya murikirwa
n’Ijambo ry’Imana? Burya kugirango Imana itugezeho ugushaka kwayo kuri twebwe,
ikoresha nyine Ijambo ryayo. Burya igihe cyose twashyize Ijambo ry’Imana ku
ruhande, ntidushobora kumenya ugushaka kwayo.
Twumvise
ukuntu Uhoraho yabwiriye Abramu mu nzozi, nuko amujyana hanze aramubwira iti: “Ubura
amaso urebe hejuru, maze ubare inyenyeri niba ushobora kuzibara’. Ni uko aramubwira ati “ Dore ni kuriya urubyaro rwawe
ruzangana”. Uriya Abrahamu yari ageze mu zabukuru. Ariko kumva Ijambo ry ‘Imana
byamuviriyemo ibitangaza.
Bakiristu bavandimwe, burya akenshi iyo dusenga tubwira
Imana ibyifuzo byacu gusa bikarangira twibagiwe gutega amatwi ngo twumve nayo
icyo itubwira. Burya mu Ijambo ryayo niho itubwirira, niho iduhera ibisubizo ku
byo tuba twayisabye nk’uko yabikoreye Abrahamu
.
Tujye dusenga rero ariko twibuke no gutega amatwi. Gusenga si ukubwira Imana
gusa ahubwo ni no kuyitega amatwi.
«
Mu gihe yasengaga mu maso he hahinduka ukundi, n’imyambaro ye irakirana
nk’umurabyo » (Lc 9, 29).
Bakiristu
bavandimwe, burya imbuto z’isengesho ryavuzwe neza, ni uguhinduka ukundi, ni
ukwererana, ariko bitari inyuma gusa ahubwo ku mutima. Umuntu wahuye n’Imana
ahinduka ukundi, agahindura uburyo yarasanzwe abaho. Azibukira icyaha, aho kuba
nka ba bakiristu Pawulo mutagatifu yabwiraga: « Bagenzaga nk’abanzi b’umusaraba
», ni ukuvuga ba bandi batigera bibabaza cyangwa ngo bigomwe na gato, mbese
babandi bagize inda ikigirwamana cyabo, maze bakikuriza mu byagombaga kubatera
isoni, baharanira iby’isi gusa ». Ese jyewe nta gihe uyu mubiri wanjye ujya
undusha imbaraga? Ese jyewe nta gihe njya ntwarwa n’ibyisi gusa, maze
nkibagirwa Imana yandemye?
Bakiristu
bavandimwe, natwe tumaze guhura n’Imana mu Ijambo ryayo, ariko by’umwihariko,
mu kanya turaza guhabwa Yezu mu Isakaramentu ry’Ukaristiya.Ikiraza kugaragazako
twahuye na We, ni uko natwe tuza guhinduka ukundi ariko cyane cyane ku mutima.
Ariko turabizi, burya guhinduka birakomera, ku bwacu twenyine ntitwabyishoboza.
Yezu tuza guhabwa tuze kumusaba aduhe imbaraga zo guhinduka ukundi, maze kuri
pasika tuzazukane nawe, maze tuzabane nawe mu ngoma y’Ijuru ubuziraherezo.
Padiri
Donatien NDACYAYISABA
Retour aux homelies