^

Inyigisho y’icyumweru cya 14 gisanzwe, Umwaka B, Taliki ya 07 Nyakanga 2024

Publié par: Padiri Léandre NSHIMYIYAREMYE

Amasomo matagatifu tuzirikana:

·         Isomo rya 1: Am 7, 12-15;

·         Zab 85 (84);

·         Isomo rya 2: Ef 1, 3-14;

·         Ivanjiri: Mk 6,7-13

 

INYIGISHO

Bakristu bavandimwe, dushimire Imana yongeye kuduha akanya ko kuyihimbaza kuri iki Cyumweru cya 15 gisanzwe ari nako twumva icyo idushakaho nk’abana bayo ikunda cyane.

Amasomo matagatifu aragaruka ku butore. Ni koko Imana ni yo yitorera ikohereza intore zayo aho ishaka. Nta witora kandi umuhanuzi ni uvuga mu izina ry’uwamutoye ari we Uhoraho.

Mu isomo rya mbere twummvise ubuhamya bw’umuhanuzi Amosi wabayeho mu kinyejana cya 8 mbere ya Yezu Kristu. Yari umuhinzi usanzwe yewe ngo nta n’icyo yari asanzwe ahuriyeho n’abuhanuzi yenda nko kuba mu matsinda yabo. Yitaga ku matungo ye bisanzwe. Umunsi umwe nyine Uhoraho aramuhamagara amutuma kujya kuburira Umuryango we, cyane cyane abayobozi barenganyaga abo bayobora. N’ubwo bwose bagerageje kumuhungeta, yagerageje kwihagararaho kuko yari azi neza ko yari kumwe n’Imana yamutumye. Umuhanuzi Amosi adushishikariza kwanga akarengane, kwita ku butabera ndetse no kubana kivandimwe. Ni ubutumwa buhoraho. Isi yacu irabikeneye. 

Isomo rya kabiri riratwereka Mutagatifu Pawulo Intumwa nk’umuntu wirundumuriye mu Mana agahora yiteguye gukora ugushaka kwayo aharanira ko Ivanjiri ya Yezu Kristu igera kuri bose. Aratugaragariza ibyishimo by’intore atewe n’uko Inkuru nziza igenda igera kuri benshi n’ubwo ingorane zitabuze. Burya intore z’Imana n’ubwo zivunwa na byinshi, zigahura n’imihengeri myinshi yo kuri iyi si, ariko zigomba no kurangwa n’ibyishimo kuko Yezu wazutse aruta byose kandi atanga ibyishimo birenze kure iby’iby’isi. Twige guhora dushimira Imana muri byose nka Pawulo Mutagatifu.

Mu Ivanjiri ntagatifu, turumva Yezu ahamagara intumwa ze akazituma babiri babiri. Bivuze ko gusohoza ubutumwa b’Imana atari umwihariko w’umuntu ku giti cye cyangwa se akarima ka bamwe, ahubwo hagomba kubaho gufatanya no gutahiriza umugozi umwe. Urukundo rw’Imana n’urwa bagezi bacu ni byo by’ibanze mu gusohoza Inkuru nziza. Ngo abagishwa ba Yezu bazabamenyera ku rukundo ruzaba rubaranga. Ababatijwe bose bafite inshingano zo kubusohoza aho bari hose mu byiciro by’ubuzima barimo. Waba uri uwihayimana cyangwa se uri umulayiki usanzwe, Yezu ashaka ko uba umuhamya w’urukundo hose; mu ngo, mu mirimo dukora n’aho tunyura hose. Nk’uko Yezu yahaye ububasha Intumwa zo kwirukana roho mbi, ni nako abakristu bose bahabwa ingabire n’impano zitandukanye za Roho Mutagatifu kugira ngo babe ingirakamaro mu isi bahamya urukundo rw’Imana.

Iyi si iriho ibyiza byinshi Imana yaremye, ariko ntihabura n’urumamfu mu ngano bivuze ko n’ikibi kiriho. Papa Yohani Pawulo wa II, ahereye ku magambo ya Paulo Mutagatifu, yakundaga kugira ati: “Ntimugire ubwoba”.  Sekibi ntagira ikiruhuko, ahora arekereje ngo arebe ko nta we yaconshomera, ni ngombwa iteka kuba maso twishyingikirije imbaraga z’ukwemera. Tugomba kumera nk’ishami ry’umuzabibu rigomba guhora rifashe ku gihimba kugira ngo ryere imbuto nk’uko Yezu yabivuze agira ati: “Nimugume mu rukundo rwanjye kuko tutari kumwe ntacyo mwakwimarira.” Ariko tuvuye ku muzabibu twamera nka ya mashami yumirana bikarangira bayatemye bakayatwika. Yezu kandi aragira ati ntimugire ubwoba bw’uko muzabaho ngo murinde mujya kwitwaza inkoni, ibindi bishura cyangwa se uduhago tw’impamba. Aha aradukuzamo ingabire yo kwizera bigomba kuranga intumwa y’Imana kubera ko mu nzira inyuramo igomba kwemarara, kuko yizera ko uwayitumye afite byose kandi ntacyo yamuburana. Icyisumbuyeho kandi cy’ingenzi ni uko intumwa iba yiringiye umugane w’ubugingo bw’iteka kuko ni cyo cyiza gihebuje tuzagororerwa kubera ko twabaye indahemuka ku rukundo rw’Imana kugera ku ndunduro.

Ni koko rero abahanuzi nyabo mbese nka Amosi twumvise, n’abandi bo mu isezerano rya kera, Paulo twumvise n’izindi intumwa zo mu isezerano rishya, abahowe Imana n’abandi batagatifu banogeye Imana baratwigisha kuri iki cyumweru ko umukristu wese ahamagariwe kuba umuhanuzi nyawe mu kwamamaza, kwamagana, kumenya guhara byose ataganya, akitanga atizigama kandi adaharanira amagana.

Nk’uko isengesho ry’ikoraniro ry’iki cyumweru ryabivugaga,  dusabirane kugira ngo tubashe kubona urumuri nyarwo rutuma tubasha kuzibukira icyo ari cyo cyose cyatuma tugayisha izina rya Kristu, ahubwo twihatire kurihesha ishema hose.

Umubyeyi Bikira Mariya, Abamalayika n’Abatagatifu  badusabire.

Padiri Léandre NSHIMYIYAREMYE

 

Retour aux homelies

Homélies récentes
Inyigisho ziheruka