Amasomo matagatifu tuzirikana:
ü Isomo rya : 1
Sam 26, 2.7-9.12-13.22-23;
ü Zab 103
(102), 1-4 8-.10, 12-13
ü Isomo ra 2: 1
Kor 15, 45-49
ü Ivangili: Lk
6, 27-38
Bakristu bavandimwe,
Kristu Yezu akuzwe. Amasomo y’icyi cyumweru aratwigisha ikintu gikomeye mu
buzima bw’abantu muri rusange no mu buzima bw’abakristu by’umwihariko: «Kuba
abanyampuhwe, nk’uko Data wo mw’ijuru ari Umunyampuhwe», bikagararira cyane mu
muco mwiza wo kubabarira kugeza no ku banzi bacu. Nyagasani aratwibutsa ko
n’uwo twita umwanzi wacu, aba akiri umuvandimwe. Icyo umuntu nkawe yagukorera
cyose, dusabwa gukomeza kumubonamo ishusho ya Dada wo mw’ijuru
tukanabimwubahira nk’uko Dawudi yubashye umwanzi we Sawuli kuko yasizwe amavuta
y’Ubwami. Dawudi yanze gukurikiza inama agiriwe n’umugaragu we ati «sigaho
kumwica! Ni nde ushobora gukoza ikiganza ku wo Uhoraho yasize amavuta, maze
ntabiryozwe?» (1Sam 26, 9). Kuba twaramenye Imana yatwigaragarije mu mwana wayo
Yezu Krisu, ntibitwemerera gutekereza no gukora kimuntu gusa, ahubwo bidusaba
gutera indi ntambwe ikomeye, tugatekereza kandi tugakora nka Yezu Kristu nyine,
We uturebana indoro y’Imana Data yuje urukundo n’impuhwe kuri twese.
Isomo rya mbere dusanga mu gitabo
cya mbere cya Samweli kitubwira ko umwami Sawuli wabaswe n’ishyari n’ubugome
yari yaragerageje kenshi kwica umusore Dawudi wari wanzwe cyane n’uwo Sawuli.
Twibuke ko Sawuli ari we mwami wa mbere wa Israeli nko mu myaka 1040 mbere
y’ivuka rya Yezu Kristu. Ni Imana yamwihitiyemo, ibwira Samwrli kumusiga
amavuta no kumwimika. Ntabwo yakomeje kumeje kubera Uhoraho indahemuka. Nibwo
Imana yabwiye Samweli kujya gusiga amavuta umwe mu bahungu ba Yese maze Imana
yihitiramo Dawudi akiri muto. Dawudi arererwa ibwami kwa Sawuli, aramukunda
aranamutonesha, ariko uko Dawudi yagendaga aba intwari muri byose, umwami
atangira mukugirira ishyari kugera n’aho atangira gushaka uko yamwica. Dawudi
amenye umugambi mubisha w’umwami, ahitamo kumuhungira mu Butayu, maze naho Sawuli
arahamukurikira aherekejwe n’ingabo zigera ku bihumbi bitatu. Aho niho isomo
rya mbere ritangirira. Umwami Sawuli ubwe n’ingabo ze barabakurikira bagera aho
bagwa agacuho kubera umunaniro w’urugendo ndetse barasinzira, ngo icumu rya
Sawuli ryari rishinze iruhande rw’umutwe we. Dawudi n’umugaragu we baragenda
babahagarara iruhande basinziriye. Bwari uburyo bwiza bwo kwikiza Umwami Sawuli
nk’uko umugaraguru wa Dawudi yabimubwiye ati «Uyu munsi Imana yashyize umwanzi
wawe mu biganza byawe. None rero ndeka mutere icumu rimwe rizira irya kabiri,
maze mubambe ku butaka » (Isam 26, 8). Dawudi yahagaragarije ubutwari n’ubutungane
bukomeye cyane kuko bitashoborwa na benshi, abitewe n’uko yubahaga umwami kuko
yasizwe amavuta n’Imana. Twibaze tuti kuki Umwami Sawuli atabashije kwica
Dawudi kandi yari afite uburyo bwose bwo bwo kumwica nk’Umwami? Ariko ku rundi
ruhande, kuki Dawudi we atahisemo kwitanga Umwami Sawuli kandi umugaragu we
yaramubwiye ati uyu munsi Imana yashyize umwanzi wawe mu biganza byawe. Sawul i
ntiyari kubasha kwica Dawudi kuko Imana yari yarateguye Dwudi kuzaba Umwami wa
Israeli igihe kigeze kuva igihe Samweli yamusigaga amavuta. Nibyo koko agati
kateretswe n’Imana ntigahungabanywa n’umuyaga. Urebye icyo iri somo rya mbere rigamije,
ni ukutumenya ikizira imbere y’Imana no gutinya guhemukira uwaguhemukiye.
Dawudi yanze gukora iyo sakirirego kugira ngo atazagubwaho n’amahano kuko yishe
uwasizwe amavuta, uwatowe n’Imana. Kandi nk’uko Sawuli yahoraga yikanga ko
ashaka kumuhirika ku ngoma, iyo Dawudi amwica byari guhita bishimangira ko koko
yari afitiye umwami ishyari ngo namwica azamusimbura ku ngoma. Cyokora
yamweretse akabarore, amutwara ibimenyetso bikomeye bibiri, icumu rye n’igicuma
cy’amazi byari ku musego wa Sawuli. Dawudi ageze ahitaruye ahamagara Sawuli ati
ngwino ufate icumu ryawe, [...] Uhoroaho ni we wakugabije ibiganza byanjye uyu
munsi, ariko nanze gukoza ikiganza cyanjye ku uwo Uhoraho yiyimikiye.
Bavandimwe, Dawudi ni urugero
rwiza rw’ubutwari bukomeye kandi muri kiriya gihe guhora no kwihorera byari nk’ibisanzwe
ndetse n’amategeko yarabyemeraga. Ubutwari nk’ubu Dawudi si ubwa mbere
yabugaragarije Sawuli, dusoma nanone mu mutwe wa 24 w’iki gitabo cya mbere cya
Samweli, ko Sawuli yongeye gushaka kumwica kubera ubutwari Dawudi yari
yagaragaje ku rugamba akica abanzi ba Sawuli noneho Dawudi agashimwa cyane,
akaririmbwa akanaririmbirwa, ariko birakaza umwami Sawuli nanone ashaka
kumwica, ariko Dawudi yongera kumugaragariza ko we amwifuriza icyiza (reba Sam
24, 5-8).
Iri somo rya mbere ridutegurira
kwakira inyigisho ya Yezu Kristu ku muco mwiza wa gikirisitu wo kubabarira no
kutihora. Dawudi yababariraga Sawuli kubera gutinya guhanwa n’Imana kubera
icyaha cyo kuba yakwica uwasizwe amavuta n’Uhoraho, ariko yezu we adusaba
gutera indi ntambwe ikomeye yo gusabira abatwanga kandi yabiduhayemo urugero
kuko yasabiye abamutoteje, bakageza no kumubamba ku musalaba. Ntabwo Yezu
adusaba ibidashoboka kuko uretse na We, hari ababishoboye mbere yacu. Mu rugaga
rw’abatagatifu twiyambaza harimo benshi bahutajwe ndetse baranicwa bahorwa
inkuru nziza n’inyigisho bya Yezu Kristu n’iza Kiliziya baranzwe no kubabarira
ababagiriraga nabi, Twibuke nka Mutagatifu Stefano wababariye abishi be, n’abandi
benshi bahowe Imana Kiliziya iduhaho ingero nziza zo kubabarira. Ubwo butwari
babukesha ko bamenye Imana by’ukuri kuko ariyo Umunyambabazi n’Umunyampuhwe
twese tureberaho. No mu mibereho isanzwe muri sosiyete nyinshi, abantu
b’intwari bahaho, nta sosiyete y’ibigwari gusa ibaho. None se wowe wamenye
Kristu, ubutwari bwawe mu kubabarira abandi bugarukira he?
Ibyo Yezu atubwira Mu Ivanjili yo
kuri icyi cyumweru ntibisanzwe mu bantu basanzwe. Ni twebwe abamwemeye Yezu
abwira ati: «Mwebwe munyumva reka mbabwire. Mujye mukunda abanzi banyu, mugirire
neza ababanga. [...] Kandi uko mushaka ko abandi babagirira, abe ariko namwe
mubagirira» (Lk 6, 27-31) Nta wanga gukundwa, kugiriwa neza, kwifurizwa icyiza,
kubabarirwa, kubaho mu mutekano usesuye ndetse n’uw’ibye,..., n’ibindi byose
Yezu adusaba. Ariko iyo hageze kubigirira abandi ndetse n’abo twita abanzi,
tubigendamo biguruntege. Hari n’abavuga ngo Yezu yarivugiraga, ngo nawe azi
neza ko bidashoboka cyane cyane iyo tugeze kubo twita abanzi. Ese abo twita
abanzi ni abo twebwe twanga cyangwa n’abo dutekereza ko batwanga, uretse ko
hari n’abo twikanga ngo n’abanzi bacu bidafite gihamya. Simvuze ko abanzi
batabaho, kuko na Yezu aabatubwira. Gusa n’ukwirinda guhubuka mu gucira abandi
imanza cyane cyane izibashyira muri icyo kiciro cy’abanzi. Muri sosiyeti zose
hari imitego tugushwamo n’amategeko yashyizweho n’abantu, ndetse n’amateka
yacu, bigasa n’ibivuguruza itegeko ry’Imana ry’urukundo ridusaba kurebesha
umuvandimwe indoro nshya nk’iya Kristu. Hari abo dushobora gufata nk’abanzi
kandi ntacyo tubashinja ahubwo ari umurage mubi w’amateka yacu cyangwa ari
ingaruka z’uko sosiyete n’isi turimo biyobowe. Bijya kumera nka bya bindi Yezu
avuga ati niko abasekuruza babo bagenjereje abahanuzi... Sosiyete ica imanza
ikanahana. Ijambo rya nyuma kuwagaragweho n’intege nke zitugusha mu cyaha uko
cyaba kimeze kose, ntiryagombye kuba ibihano, ahubwo ryagombye kuba ukwigishwa
no kugororwa no gusubizwa mu muryango mugari, umuntu akaba ingirakamaro mu
buryo butandukanye. Iyo bitabaye ibyo nibwo Yezu atubwira ko ntacyo
twazahemberwa kuko ibyo dukora n’abanyabyaha cyangwa abapagani ariko babikora. Ibyo Yezu atubwira bidusaba
gusimbuza ubwenge bwacu ubuhanga buturuka ku Mana, tugasimbuza ubutabera
bw’abantu ubw’Imana, inzagano zimunga imibano n’imibanire y’abantu
tukazisimbuza ririya tegeko dusanga no mw’isezerano rya kera ridushishikariza
gukorera abandi ibyo natwe ubwacu twifuza ko badukorera.
Ipfundo ry’inyigisho ya Yezu muri
iyi Vanjili ni ugusubira ku nkomoko yacu nyirizina, ku Mna Data. Nicyo gituma
atubwira ngo :«...Ubwo rero ingororano yanyu izaba nyinshi, kandi muzaba mubaye
abana ba Nyir’ijuru, kuko agirira neza indashima n’abagiranabi » (Lk 6, 35b). Yezu
yaje kutumenyesha Imana Umubyeyi, Umunyampuhwe n’Umunyambabazi, itinda kurakara
ikihutira kubabarira. Muby’ukuri si Imana iducira urubanza ahubwo n’ibikorwa
byacu biruducira. Iyo mu Kinyarwanda bavuze ngo naka asa n’Imana, baba bahereye
ku mico ye, ku rukundo rwe, no ku zindi ndangagaciro zimuranga kurusha benshi.
Twese dushyiremo agatege turangamire Kristu kandi twakire inyigisho ze n’iza
Kiliziya yasigiye umurimo wo Kwigisha, Gutagatifuza no Kuyobora umuryago
w’abana b’Imana. Uwo murimo wa Kiliziya ugenda uhura n’inzitizi kandi
birasanzwe mu mibano y’abantu, ariko Nyirayo yayisezeranyije ko
atazayitererana, ko ari kumwe nayo kugeza igihe azagarukira. Imwe mu mitego abana
ba Kiliziya bahura nayo, ni ugushidikanya ku butumwa itugezaho ndetse
n’inyigisho ziyivangira, zimwe twita inyigisho z’ubuyobe, zifatirana abakristu
mu ntege nke bashobora kugira. Ibyo bishobora guterwa n’abayirwanya cyangwa
n’indi myumvire abantu bashobora gutsimbararaho.
Ibyo
nibyo Intumwa za Yezu zahuye nabyo mu ntangiriro ya Kiliziya. Pawulo mutagatifu
twumvise mw’isoma rya kabiri yahuye n’ikibazo cy’imyumvire y’abanyakorinti ku
bijyanye n’izuka ry’abapfuye. Mukubasobanurira akabibutsa ko icyavuye mu gitaka
kizasubira mu gitaka, naho uwamenye Kristu akazabaho mu misusire ya Muntu
waturutse mw’ijuru, ari we Yezu Kristu wapfuye akazuka ngo natwe turokoke
urupfu rw’iteka. Nicyo gituma twemera urupfu rwe rwadukijije, tugahamya n’izuka
rye kandi tukamutegerezanya amizero kugeza igihe azagarukira. Ngicyo icyatumye
amanuka mw’ijuru, ni twebwe abantu no kugira ngo dukire (urupfu rw’iteka). Muri
icyi gihe cyiza cya Yubire y’impurirane twizihiza imyaka 2025 Kristu yigize
umuntu akabana natwe n’imyaka 125 Inkuru nziza igeze iwacu mu Rwanda, turusheho
kuyoborwa n’icyerekezo Kiliziya yacu iduha kugirango turusheho kwivugurura kuko
dufite Amizero ko Kristu ari kumwe natwe nk’uko yabidusezeranyije kandi
akaba atica isezerano; tube imboneza mu Ubuvandimwe budaheza bwubakiye
ku Isano isumba iy’amaraso dukesha Kristu We utubwira ati mwese muri
abavandimwe, ubuvandimwe bubabarira, butabarana, bifashanya kandi bwitanga
bukitangira abandi; Nibwo tuzaba intumwa n’abagabuzi b’amahoro aturuka
ku Mana Data, na Mwana na Roho Mutagatifu. Maze tujye turirimba zaburi
twishimye tugira tuti:
Mutima
wanjye singiza Uhororaho,
N’icyo
ndi cyo cyose gisingize izina ryawe!
Mutima wanjye singiza uhoraho,
kandi ntiwibagirwe na kimwe mu byo yaguhaye!
Amen.
Padiri
Alfred UWANTAGARA