^

INYIGISHO YO KU MUNSI MUKURU W’UBUTATU BUTAGATIFU, UMWAKA B, TARIKI YA 26/05/2024

Publié par: Padiri Jean Claude HAKIZIMANA

 Amasomo matagatifu tuzirikana

ü  Isomo rya mbere: Dt 4, 32-34. 39-40;

ü  Zaburi: Ps 33(32), 4-5,6.9, 18-19, 20.22.

ü  Isomo rya kabiri: Rm 8, 14-17;

ü  Ivanjiri: Mt 28, 16-20

Bavandimwe, ku cyumweru cya mbere nyuma ya Pentekosti, Kiliziya Gatolika Ntagatifu ihimbaza Umunsi Mukuru w’Ubutatu Butagatifu; nukuvuga Imana data, Imana Mwana, Imana Roho Mutagatifu.Ni umwe mu minsi mikuru ikomeye ya Nyagasani iba mu gihe gisanzwe cy’umwaka wa Liturujiya.

Kuba Kiliziya, ubwayo ihimbaza iryo Banga ry’Imana, uko yatwihishuriye nyuma ya Pentekosti, ni uko, igihe Roho Mutagatifu amanukiye ku bemeye Yezu Kristu, nk’uko yari yarabibasezeranyije, aribwo Imana yari ishoje Umugambi wayo wo kwimenyesha no gukiza abantu; maze Kiliziya nayo itangira ubutumwa bwayo, bwo guhamya iyo Nkuru Nziza ku isi yose.

Interuro y’indirimbo y’intangiriro y’Igitambo cya Misa iragira iti: “Nihasingizwe Imana Data, n’Umwana w’ikinege w’Imana, kimwe na Roho Mutagatifu, kubere impuhwe yatugiriye’’. Aya magambo abumbatiye Ibanga ry’Imana yatwihishuriye, ikinjira mu mateka y’ubuzima bwacu.

 Iyo Imana itaza kwihishura, ngo itumenyeshe iryo Banga ryayo, abantu bari gukomeza bakayitekereza uko bishakiye, bakurikije imyumvire yabo, bakayishakira aho itari, bakayitekereza uko itari, bakayumva bakurikije ibitekerezo byabo, byinjiwemo n’umwijima w’icyaha.

Niyo mpamvu, Isomo rya mbere dusanga mu gitabo cy’Ivugururamategeko riratumenyesha ko Uhoraho Imana ariwe wafashe icyemezo cyo kwihitiramo abantu bamwe, akabigaragariza nk’Imana imwe rukumbi kandi ko nta yindi Mana ibaho. Abamumenye bahamagarirwa kurushaho kugirana na we umubano wihariye ushingiye ku gukurikiza inzira nziza yabashushanyirije: « Uyu munsi rero ubimenye kandi ujye ubizirikana mu mutima wawe: Uhoraho niwe Mana mu ijuru no ku isi, nta yindi ibaho… » (Ivugur, 4, 39).

Ni ukuvuga ko za mana zindi abantu b’icyo gihe bemeraga zitabaho: imana y’inyanja, imana y’intambara, imana y’urukundo n’ukurumbuka, imana y’uburanga,imana ya divayi n’ubusinzi, imana y’ukuzimu n’urupfu ….

Kubera ko uwo muryango wa komeje gushidikanya kubitangaza Imana iwugirira, Imana Data yatwoherereje Umwana wayo w’ikinege, kandi iduhishurira Roho Mutagatifu, “Uturuka kuri Data na Mwana, usengwa agasingizwa hamwe n’Imana Data na Mwana” (Reba Indangakwemera ya Kiliziya Gatolika Gitabo cya Misa ya Kiliziya Gatolika ya Roma, ku rupapuro rwa 476). Turasabwa rero kuyoborwa na Roho w’Imana kugira ngo tube abana b’Imana. Kandi rero ntitwahawe roho y’ubucakara idusubiza nanone mu bwoba, ahubwo twahawe roho itugira abana bishingiwe kibyeyi nkuko tubisanga mw’isomo rya kabiri ry’uy’umunsi.

Interuro y’Isengesho rikuru ry’Ukaristiya, ikoreshwa ku Munsi Mukuru w’Ubutatu Butagatifu, ihamya Iyobera ry’Ubutatu Butagatifu, igira iti:

“Dawe Nyir’ubutagatifu, Mana ishobora byose, ugahoraho iteka: Hamwe n’Umwana wawe w’ikinege na Roho Mutagatifu, uri Imana imwe rukumbi, ukaba na Nyagasani umwe gusa. Na none si mu bwiharire bw’imimerere yawe bwite, ahubwo ni mu Butatu buhujwe na Kamere imwe rukumbi’’.

Ese ubutatu butagatifu tubukoresha hehe mu bukristu bwacu?

1.      Mu masengesho yacu ya buri munsi.

Ku bakiristu gatolika, iteka iyo dutangira isengesho ryacu cyangwa turisoje dukora ikimenyetso cy’umusaraba tugira tuti: “Ku izina ry’Imana Data, na Mwana, na Roho Mutagatifu”.  Yewe kuri bamwe n’iyo bahuye n’ikintu giteye ubwoba, ikintu gitambutse imbaraga zabo, ikintu gihita kibabangukira hafi ni ugukora ikimenyetso cy’umusaraba.

Ikimenyetso cy’umusaraba dukora duhamya Ubutatu Butagatifu, ni ikintu gikomeye ku mukiristu gatolika. Ikimenyetso cy’ umusaraba cyo ngera kudufasha kwemera ko Imana data yaturemye, umwana woyo akaducungura, roho mutagatifu akatuyobora.

2.      Mu masakaramentu

Iyo usesenguye neza amasakaramentu duhabwa muri kiliziya uko ari arindwi, usanga hafi ya yose tuyayimbaza mu butatu butagatifu. Reka tuvuge kuri amwe muri yo.

·         Batisimu

Mu ivanjili, ubwo Yezu yoherezaga aba cumi n’umwe mu butumwa, yarababwiye ngo “Nimugende mwigishe amahanga yose, mubabatize ku izina ry’Imana Data na Mwana, na Roho Mutagatifu”.  Aya magambo dusanga mw’ivanjiri arongera ku twibutsa akamaro k’ubutatu butagatifu mw’isakaramentu rya batisimu.

·         Penetensiya

Mw’isakaramentu rya penetensiya, ubutatu butagatifu bugaragara igihe umusaseridoti ari gutanga abusorisiyo agira ati “Imana data nyir’impuhwe ibigirishije urupfu n’izuka by’umwana wayo Yezu krisitu yiyujuje n’isi yohereza roho mutagatifu gukiza abantu ibyaha”. Ibi biratwumvisha neza ko, nkuko duhabwa ubuzima bushya bw’abana b’Imana muri kiliziya mu butatu butagatifu, ninako dusubizwa ubwo buzima igihe bwononekaye bitewe n’icyaha binyuze mw’isakaramentu rya penetensiya.

·         Ugukomezwa

Mw’isakaramentu ry’ ugukomezwa, ubutatu butagatifu tubwumva  neza igihe abakomezwa bahabwa roho mutagatifu uturuka kuri data no kuri mwana. Ibi Kandi bigaragaza ubumwe aba persona batatu bafitanye mu gucungura muntu.

·         Ugusigwa kw’abarwayi

Mugusigwa kw’ abarwayi, ubutatu butagatifu bwigaragaza igihe umurwayi ari guhabwa umugisha aho umusaseridoti asaba Imana data guha umugisha umurwayi, igihe umusaseridoti asaba umwana w’imana gukiza umurwayi n’igihe umusaseridoti asabira umurwayi ku murikirwa na roho mutagatifu.

·         Umusaseridoti

lMw’isakaramentu ry’ubusaseridoti, ubutatu butagatifu bugaragara igihe umwepisikopi ari kuvuga isebgesho ry’iyegurira Mana n’igihe abasaseridoti bari gukora imirimo ibagenewe: kwigisha, kuyobora no gutagatifuza.

Ese twebwe ng’abakirisitu ubutatu butagatifu buratwigisha iki?

·         kunga ubumwe.

Mu nyigisho ze, Yezu Kristu yaduhishuriye ubwo Bumwe, afitanye na Data, ndetse na Roho Mutagatifu.

Ku Bumwe afitanye na Data, Yezu Kristu aragira ati: “Unyemera, si Jye aba yemeye, ahubwo abayemeye Uwantumye “(Yh 12, 44), akongera ati: “Uwambonye aba yabonye na Data” (Yh 14, 9b); “Ndi muri Data na Data akaba muri.” (14, 10a.11a); “Nakomotse kuri Data, maze nza mu nsi, none mvuye mu nsi nsanga Data.” (Yh 16, 28).

Ku bumwe Data, wunze ubumwe n’Umwana We Yezu Kristu, afitanye na Roho Mutagatifu, Yezu abuhishura agira ati: “Umuvugizi Roho Mutagatifu, Data azohereza mu izina ryanjye, ni We uzabigisha byose, kandi abibutse n’ibyo nababwiye byose” (Yh 14, 26); akongera ati: “Umuvugizi nzaboherereza, aturutse kuri Data, Roho Nyir’ukuri ukomoka kuri Data, naza azambera umugabo” (Yh 15, 26). Izi ngingo zombi zigaragaza ubumwe budatana Data afitanye na Mwana, na Roho Mutagatifu uko yabihishuye, bakaba Imana Imwe iteka ryose.

Ubu bumwe rero bugomba kuturanga mu ngo zacu, mu bavandimwe bacu, mubaturanyi bacu, mu miryangoremezo yacu, mu bakozi bacu; ese umugabo cyangwa umugore uhisha umugore cyangwa umugabo we imitingo afite abayunze ubumwe n’umugore cyangwa umugabo we?

Ese abapadiri cyangwa abihayimana babana mu rugo ariko buri wese akagira gahunda ze baba bunze ubumwe?

Aha buri wese yashyiraho n’izindi ngero zigaragaza uburyo abantu babana batacyunga ubumwe.

Twese tuzi ukuntu iyo ubumwe bubuze havuka ibibazo byinshi. Twavuga ngo gucana inyuma kw’ abashakanye, gusigana mu butumwa dukora, kwihugiraho, kwigunga, kwicana, kubeshyanya, kuba amakoko…

Twese turasabwa kunga ubumwe budatana nkuko Imana Data ifitanye ubumwe n’Imana Mwana hamwe n’Imana Roho Mutagatifu…

·         Kurangwa n’urukundo

Bakiristu bavandimwe, kuri uyu munsi duhimbazaho Ubutatu butagatifu, turasabwa kurangwa n’urukundo nyarukundo nk’ururanga Imana mu Butatu butagatibu. Ni Urukundo Rusa, rumwe rutigera rutegereza inyungu bibaho. Urwo Rukundo nabe arirwo rutaha mu ngo zacu, nabe arirwo ruturanga mu baturanyi bacu, mu bavandimwe bacu, mu bo dukorana. Yezu duhabwa muri Ukaristiya ntagatifu mu kimenyetso cy’umugati, niwe wagaragaje urukundo rwa kivandimwe, rwatumye agera n’aho yitanga, atwihaho ifunguro. Nitumusabe natwe aduhe urwo urukundo, maze ruganze mu mitima yacu, mu ngo zacu, mu gihugu cyacu, mu karere kacu, ku isi yose, ubu n’iteka ryose

 Padiri Jean Claude HAKIZIMANA

Retour aux homelies

Homélies récentes
Inyigisho ziheruka