Amasomo matagatifu tuzirikana:
ü
Isomo rya 1: Yer 17, 5-8
ü
Zab 1, 1ab, 2, 3, 4.6
ü
Isomo rya 2: 1 Kor 15, 12.16-20
ü
Ivanjili: Lk 6, 17.20-26
Mu buzima bwa buri munsi
duhora dushakisha icyaduhesha umukiro. N’ubwo usanga akenshi tuwushakira aho
utari, nyama biterwa no guhitamo nabi, kuko icya duhesha umukiro ndetse n’aho
umukiro ubwawo uganje haba hari imbere yacu. Ibi bitwere ko mu nzira tunyuramo icyiza
n’ikibi bibangikanye, nyamara Imana ikaba yaraduhaye ubushobozi bwo kumenya
gutandukanya icyiza n’ikibi. Amasomo y’uyu munsi arongera kutugarura kuri uwo
muco mwiza wo kumenya guhitamo kandi tugahitamo icyiza. Ingingo nterahirwe ni
zo ziradufasha uyu munsi kuzirikana no kumenya aho dushakira umukiro. Ijambo “Murahirwa” rikurikiwe na “Muragowe” aradufasha kurushaho kwinjira
mu mugambi w’Imana wo kudukiza. Iyi mvugo ya Yezu Kristu yegereye bya hafi iyo
isomo rya mbere ryakoresheje “Aravumwe”
na “Arahirwa” bitubere impamvu yo
kumenya guhakana inzira y’ikibi cyose no kwerekeza imitima yacu kuri Kristu
wazutse kuko ari We soko y’Amizero yacu nk’uko isomo rya kabiri ryabigarutseho.
Ni kenshi usanga mu buzima bwa
muntu ibikorwa bye bipimiye mu mahirwe bikaba ikimenyetso cy’uko Imana
yigaragaje mu buzima bwe. Ku buryo hari abakora bagerageza amahirwe yabo,
ibikorwa bakabisasiza ayo mahirwe bafite. Yewe n’inzira bashobora guhitamo
kunyura bayiragiza amahirwe bazahura na yo. Nyama duhereye ku ivanjili ya Luka
turi kuzirikana, amahirwe aherekeza ibikorwa. Ni yo mpamvu iyi vanjili
yanditswe na Luka iduhaye gusubiza amaso inyuma mu bikorwa byacu byongera
kutwerekeza ku ihirwe ry’Ingoma y’Ijuru. Ayo mahirwe ntatana n’amahoro arambye
Yezu yaje kutumenyesha. Yamanutse mu ijuru atuzaniye amahirwe y’Ijuru. Uyu munsi
aramanuka (Lk 6,17) agira ngo atwereke ko yifuza kutwegereza umukiro w’Imana,
ashaka ko tuwakirana umutima utaryarya.
Luka iyo avuga izi ngingo 4
nterahirwe yongeraho n’izindi 4 zatubuza iryo hirwe ry’Ijuru, mu gihe Matayo we
yigisha ingingo 8 zibanda ku ihirwe riduteganyirijwe mu Ijuru igihe cyose
dukurikije ugushaka kw’Imana; bombi bagahurira mu kumenya guharanira ihirwe
ry’ijuru twitegurira hano ku isi. Ni ubuzima Imana iduhamagarira kumenya.
Byose bishingiye ku rukundo
Imana ikunda abantu bose kugeza no ku baciye bugufi dore ko ari bo izi ngingo
zigarukaho: abakene, abashonji, abarira, abatereranywe n’isi ya none Mutagatifu
Papa Yohani wa XXIII yongera kugarukaho mu nyandiko ye ya gishumba Pacem in Terris ihigika icyiza,
ikarwanya ukuri n’ubutabera, igatererana abatishoboye. Iyi si ni yo Papa
agarukaho adusaba kuyisabira kugira ngo amahoro ya Kristu ayituremo. Umukristu wese
agomba guhora yifuza ko yabaho mu ihirwe ry’Ijuru. Ariko se yabigeraho ate?
Dufite amizero ko ubu buzima budutegurira kwinjira mu ngoma y’Ijuru. Ariko ayo
mizero yacu ashingiye kuki? Muri uru rugendo rwa Yubile y’impurirane, twongeye
kugaruka ku isoko y’amizero yacu. Ni kuri Yezu Kristu. Imwe mu nkingi z’amizero
dufite ni ukwakira imibabaro duhura na yo mu buzima bwacu (tubisanga mu ibaruwa
y’Abepiskopi: Duhimbaze Yubile uko bikwiye turangamiye Kristu, soko y’Amizero,
Ubuvandimwe n’Amahoro, no 23).
Izi ngingo nterahirwe zongera kubishimangira zidushishikariza kwakira ingorane
duhura na zo mu buzima bwo kogeza Ingoma y’Imana kuko zidutegurira kwakira
ikuzo ryayo (Lk 6, 22-23). Uwo arahirwa kuko yiteganyirije ubukungu mu ngoma
y’Ijuru. Kuba iyi vanjili igaruka no ku
bagowe, ni ukugira ngo buri wese yumve ko azahemberwa icyo yakoze. Hari
abapfunyikiranwe n’ubukungu bw’Isi bwibagirwa Imana, ibikorwa bwabo bikabahuma
amaso. Ibikorwa byacu ni byo bidushinja imbere y’Imana. Ikigaragara ni uko
umuntu ashobora gukora agira ngo ari kubaka kandi ari gusenya kugeza n’aho
yisenya ubwe. Ngiyo impamvu y’amagorwa ye.
Mu isomo rya mbere, umuhanuzi
Yeremiya yabishimangiye asubira mu magambo y’Uhoraho ubwe. Aratwibutsa ko muntu
agomba guhora yibuka Umuremyi. Kwibuka uwakuremye ni ko kwakira ubuzima
akuzanira. Nyagasani yifuza ko twamwegurira imitima yacu ni yo mpamvu
aduhamagarira kumwakira. Ntahandi twarongera ubuzima nyabuzima hatari muri
Nyagasani. Nimucyo twiyake ibikorwa by’umubiri ahubwo turangwe n’ibikorwa bya
roho kuko ari byo bituyobora ku Mana. Umutima w’umuntu uharanira ibyiza naho
umubiri wo ukagira intege nke (Mt 26,41). Nyamara Uhoraho ntajya atererana
abamwiringiye. Hari benshi bayobotse ibigirwamana bizera ko ari ho bazabonera
umukiro kandi ahatari ubuzima nta mukiro ushoboka. Uwiringiye imbaraga z’abantu
cyangwa iby’isi, ubuzima bwe buba buri mu kaga. Nguko uko bimerera umuntu
wikungahaza ubwe, aho guharanira ubukungu buva ku Mana (Lk 12,21). Nyamara abo Nyagasani abereye ikiramiro
bahorana ubuzima busagambye kandi bukera imbuto.
Nyagasani ni we soko y’ubuzima
kandi ni na We bugomba kuganaho. Ngayo amizero yacu. Twizera ko ubu buzima
budutegurira ubw’ijuru bushingiye ku rupfu n’izuka bya Yezu Kristu. Ni yo
mpamvu ibikorwa byacu bigomba guhora iteka bitwerekeza ku bugingo bushya muri
Yezu Kristu. Amizero yacu ashingiye kuri Yezu We uduhamagarira ubuzima bushya
nyuma y’ubu buzima bwa hano ku isi. Pawulo intumwa ashishikariza
Abanyatesaloniki kudahera mu bujiji ku byerekeye abapfuye agamije kubarinda
ishavu nk’abandi batagira icyo bizera (cf.1Th 4,13). Ni byo akomeza kwibutsa
n’Abanyakorinti kuko ubwo buzima tuburonkera mu kwemera. Ni yo mpamvu twamamaza
urupfu n’izuka kuko twizera kuzicarana na We
mu bwami bw’ijuru. Dusabe Imana kuduhumura amaso y’umutima kugira ngo
tubone ubwo buzima bushya twazaniwe na Yezu Kristu wazutse maze akomeze atubere
isoko y’Amizero, Ubuvandimwe n’Amahoro.
Padiri Anaclet AKARIKUMUTIMA